Nyuma yo kuva muri Ethiopia no muri Sudani y’Epfo, Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Muryango w’Abibumbye, Nikki Haley, kuri uyu wa gatatu yaraye I Kinshasa muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mmu ruzinduko rw’iminsi 2. Biteganyijwe ko asura MONUSCO i Goma muri Kivu y’Amajyaruguru, mbere yo kubonana n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi na sosiyete sivile, akazabonana na perezida joseph kabila kuri uyu wa gatanu. Uru ruzinduko ngo rukaba ari ubutumwa bukomeye ku bayobozi b’iki gihugu cya Congo.
Iyi nkuru dukesha Radio RFI iravuga ko muri dipolomasi, ibimenyetso bivuga hafi kurusha amagambo. Ambasaderi Nikki haley akaba yageze I Kinshasa mu ndege ya gisirikare aherekejwe n’abantu babarirwa muri 30. Uru ruzinduko ngo rukaba rwibukije urwakozwe mu 1997 na Ambasaderi Bill Richardson wari umuhuza wa perezida Clinton, , aho ngo yari agiye gusaba umutwe wa Mobutu nk’uko byibutswa n’umunyamakuru wa RFI I New York, Marie Bourreau.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Nyuma y’imyaka 20, ngo Nikki haley nawe yaba agiye kwibutsa perezida kabila ko igihe kigeze ngo arekure ubutegetsi kandi anatangaze ingengbihe y’amatora yemewe. Itangazo rya komisiyo y’amatora muri Congo ry’uko amatora adashobora kuba mbere ya 2019 ryahangayikishije abayobozi ba Amerika. Uyu uhagarariye Leta Zunze Ubumwe muri Loni uzwiho kugira igitutu kidasanzwe, ngo akaba ashobora kugikoresha mu gufatira ibihano by’ubukungu abategetsi ba congo bishobora no gukora ku muryango wa perezida Kabila.
Ubwo azaba agirana ibiganiro na perezida Kabila, biteganyijwe ko Nikki Haley azanakomoza ku iyicwa ry’impuguke 2 za Loni zirimo Umunyamerika Micheal Sharp, leta ya Amerika ishinja ubutegetsi bwa Congo kubangamira iperereza ku iyicwa ryabo. Iyi nkuru ikaba ikomeza ivuga ko uyu Ambasaderi Nikki haley ari umuntu wo kwitondera uri kuzamuka muri dipolomasi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku buryo binavugwa ko ashobora gusimbura Umunyamabanga wa Leta, Rex Tillerson.
Kuri uyu wa kane, biteganyijwe ko Ambasaderi Haley abonana n’abanyapolitiki batandukanye bo muri Congo. Uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi rukaba rwiteze ubutumwa busobanutse bwa perezida Trump kuri perezida Kabila.
Aba bavuga ko biteze ko Ambasaderi Nikki asaba perezida Kabila kubahiriza itegeko nshinga ry’igihugu cye, no gushyira mu bikorwa amasezerano ya Saint-Sylvestre nk’uko bisabwa mu mwanzuro wa 2348 w’akanama k’umutekano ka Loni, mu rwego rwo kureka Abanyekongo bakitorera abayobozi babo bashya bagomba kwita ku hazaza h’igihugu no guhererekanya ubutegetsi mu mahoro.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


