Nyuma y’uko ishyirahamwe rishinzwe Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (LINAFOOT) rifatiye ibihano bikomeye ikipe ya AS Vita Club nyuma y’imvururu zavutse mu mukino wayihuje na Aigles du Congo ku wa 23 Mata, iyi kipe ishobora kwikura muri shampiyona.
Uyu mukino wari ukomeye mu itsinda rihatanira igikombe, wahagaze ku munota wa 12 nyuma y’uko Aigles du Congo itsinze igitego, abakinnyi ba AS Vita Club n’abafana babo bagahita barakara, bagateza akaduruvayo ndetse bakanangiza ibikoresho by’ikibuga cya Martyrs de la Pentecôte.
Akanama gashinzwe imyitwarire muri LINAFOOT kahise gategeka ibi bikurikira:
AS Vita Club yatewe mpaga y’ibitego 3-0,
Itegetswe gutanga amande y’amadolari 12,000,
Imikino itatu ikurikira izayikina nta bafana,
Umusifuzi w’umukino, Nzingire Zihindula, ahagaritswe amezi 12,
Mugenzi we wamutereranye, Kamwena, ahagaritswe imyaka ibiri.
AS Vita Club yamaze gutangaza ko itishimiye ibyemezo yafatiwe, ikaba yitegura kujurira. Iyo kipe inavuga ko, niramuka idahawe ubutabera, ishobora guhita ifata icyemezo cyo kuva muri shampiyona.


