Abofisiye bakuru 10 mu gisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) b’amapeti ya ‘Colonels’ bamaze gutabwa muri yombi mu minsi 8, bakekwaho kunyereza amafaranga yagenewe operasiyo ku mitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bw’igihugu.
Igikorwa cyo guta muri yombi aba basirikare kiri kuba mu gihe Umugaba Mukuru w’Ingabo za RDC, Gen. Amisi Kumba Gabriel (Tango Four) amaze iminsi mu burasirazuba, agenzwa no kumenya abagize uruhare mu inyerezwa ry’aya mafaranga ryabayeho kuva muri Gicurasi 2021 ubwo intara ya Kivu y’Amajyaruguru na Ituri zashyirwaga mu bihe bidasanzwe.
Mu bugenzuzi bwakozwe n’urwego rwa gisirikare rubishinzwe, ku nshuro ya mbere byagaragaye ko hari abofisiye bakuru 9 bashobora kuba baranyereje aya mafaranga.
Aba bofisiye barimo 6 bafite amapeti ya ‘Colonels’ batawe muri yombi tariki ya 21 Nyakanga 2021, bafungirwa muri gereza ya Bunia muri Ituri mu gihe iperereza rigikomeje. Barimo babiri b’ipeti rya Colonel na bane b’ipeti rya ‘Lieutenant-Colonel’.
Ku wa 27 Nyakanga 2021, abandi bofisiye bakuru 6 bakorera mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru batawe muri yombi. Barimo umwe ufite ipeti rya Colonel, batatu bafite amapeti ya Lieutenant-Colonel, Major umwe na Sergeant umwe.
Aba nabo bafungiwe muri kasho y’urwego rw’ubushinjacyaha bwa gisirikare iherereye mu mujyi wa Goma guhera uwo munsi, mu gihe iperereza rikomeje.
Biteganyijwe ko aba bofisiye bose bazaburanishirizwa mu mujyi wa Goma.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


