RDC: Batandatu bakorana na ADF bagejejwe imbere y’urukiko rwa gisirikare

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rwa gisirikare muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Gatandatu rwatangiye kuburanisha abantu bagera muri 215 bo mu mutwe w’inyeshyamba ushinjwa kwica abasivili muri Beni ho mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’igihugu.

1024x576_341782

Abantu batandatu bafite ubwenegihugu butandukanye bakorana n’umutwe wa ADF (Allied Democratic Forces) bagejejwe imbere y’urukiko kuri uyu wa gatandatu, bashinjwaga kugira uruhare mu bwicanyi bwakorewe abantu 51 muri Beni mu ijoro ryo kuwa 13 rishyira kuwa 14 Kanama.

Aba kandi bashinjijwe kwifatanya n’imitwe yitwaje ibirwanisho, ibyaha byibasira inyokomuntu, ubwicanyi n’iterabwoba nk’uko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, AFP.

proxy

Nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga, abashinjwa bemeye ko bakoreraga umutwe wa ADF.

Uyu mutwe wa ADF ubusanzwe uvuga ko urwanya ubutegetsi bwa Uganda, washingiwe muri Uganda mu 1995, nyuma wimurira ibikorwa byawo mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Umuryango w’Abibumbye uvuga ko kuva mu Ukwakira 2014, abasivili basaga 7,00 bamaze kwicirwa muri Beni bicwa n’imitwe yitwaje intwaro, ariko cyane cyane umutwe wa ADF.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *