RDC: Beni: Ubwicanyi bukorerwa Abasivili bwagaragaje intege nke za FARDC

Sangiza iyi nkuru

Nibura abantu 72 bishwe, kuva ku wa kabiri Gicurasi 4 kugeza ku wa gatanu Gicurasi 7, mu bitero byagabwe n’inyeshyamba za ADF mu midugudu y’umutwe wa Baswagha-Madiwe, agace ka Beni (Amajyaruguru ya Kivu).

Abakorerabushake bakiri bato baturutse i Cantine na Mabalako, baherekejwe n’abasirikare, batanze iyi raporo nyuma yo kuvumbura, ku wa gatandatu Gicurasi 8, imirambo 42 y’abasivili bishwe na ADF i Masala.

Izi nyeshyamba zishe abandi baturage 30 i Masau, Mununze, Kabweke na Manlese.Aba bagabye igitero kandi bafashe moto 25 batwika amazu menshi mu gihe binjiye.

Abaturage bibasiwe n’ibitero by’izi nyeshyamba barahunze aho bahungira i Kyatsaba, mu duce tumwe na tumwe two mu burengerazuba bw’umujyi wa Beni, ndetse no muri Mabalako.

Ku wa gatandatu taliki 8 Kamena, ibice bigize ingabo za FARDC-UPDF byageze i Mabalako na Cantine mu gikorwa cyo kurwanya inyeshyamba no guhumuriza abaturage batahunze.

Kuva ku ya 3 Gicurasi, sosiyete sivile mu karere ka Beni yerekanye ko abasivili 123 baguye mu bitero bitandukanye byatewe n’inyeshyamba za ADF mu karere ka Bapakombe-Pendekali, i Mangina, Mantumbi, Kudukudu, Kalmango na Beu-Manyama.

Ibi ni bimwe mu byo Sositete Sivili ishingiraho ivuga ko igisirikare cya Leta gifite intege nke mu kurinda abaturage no guhashya imitwe nk’iyo y’abagizi ba nabi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *