Abakekwaho kuba mu mutwe witwara gisirikare bagabye igitero ku nkambi y’abantu bakuwe mu byabo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), bahitana abantu benshi.
Igitero cyabaye mu ijoro ryo kuwa Kabiri cyabereye mu Ntara ya Ituri, yashyizwe mu bihe bidasanzwe kuva muri Gicurasi 2021, nk’ingamba zidasanzwe leta yafashe zo guhangana n’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bukungahaye ku mabuye y’agaciro.
Kuri uyu wa Gatatu, abayobozi b’inzego z’ibanze bavuze ko aba barwanyi bishe byibuze abantu 60 mu nkambi y’abavanywe mu byabo nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga.
Ndalo Budz ukuriye iyi nkambi yabwiye abanyamakuru baho ati: “Kugeza ubu dufite abantu 60 mu nkambi y’abakuwe mu byabo bicishijwe imipanga n’izindi ntwaro gakondo.”
Charite Banza Bavi, perezida w’itsinda ry’abatabazi ry’akarere ka Bahema y’Amajyaruguru, we yatangaje ko abapfuye ari 63, mu gihe umutangabuhamya na we yemeje iyi mibare.
Abantu bane bazanywe mu bitaro nk’uko Pilo Mulindo, umuyobozi w’agace ka Bahema N’adhere abitangaza.


