Ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo zabashije gutsimbura abarwanyi bo mu mutwe wa FDLR mu bice byinshi byo muri Teritwari ya Lubero na Walikale nka Buleusa, Rusamambo, Mizinga, Rusoha n’ahandi mu rwego rw’ibikorwa byo guhiga aba barwanyi bimaze icyumweru bitangiye.
Umuvugizi wa w’ibikorwa bya gisirikare bya Sokola 2 muri Kivu y’Amajyaruguru, Capt. Guillaume Ndjike Kaiko, kuri iki Cyumweru tariki 31 Mutarama nibwo yatangaje uko byagenze.

Uyu yavuze ko ibirindiro byose byaguye mu maboko y’ingabo za FARDC ari yo iri kubigenzura, yongeraho ko abaturage bari bakeneye ingabo zabo akaba ari byo byakozwe.
Uyu mugabo yakomeje avuga ko ingabo zishe abarwanyi 2 b’Abanyarwanda ba FDLR ndetse zikanafatira ku rugamba abandi benshi mbere y’uko bamwe bitanga.
Iyi nkuru dukesha Radio Okapi ikomeza ivuga izi nyeshyamba zo mu mutwe wa FDLR zikorera abaturage b’inzirakarengane ibyaha bitandukanye muri iki gice cyo muri Kivu y’Amajyaruguru.
Izi nyeshyamba zishinjwa kuba kuwa 26 Mutarama 2016 zarashimuse imiryango igera kuri 50 mu gace ka Bushalingwa, gaherereye hagati ya teritwari za Lubero na Walikale.
Nk’uko byari byatangajwe na sosiyete sivile y’ahitwa Luofu ari nayo yari yatanze ayo makuru, ngo izi nyeshyamba zashimutiye iyi miryango ahantu hatazwi nyuma yo gutwika aho yari ituye.
Amakuru kandi yavugaga ko izi nyeshyamba ari zo zigenzura Bushalongwa kuva mu Ukwakira 2015.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Seleman Hakizimana/Bwiza.com


