Igisirikare cya Congo gitangaza ko zagaruje uduce tubiri twari twigaruriwe n’inyeshyamba za NDC/Rénové, ndetse kinica bane muri zo.
Uduce twa Kasuo na Kaheri nibwo FARDC yambuye izi nyeshyamba ku wa Kabiri tariki ya 14 Kanama 2018, nyuma y’imirwano ikaze bagiranye.
Umuvugizi w’igisirikare cya Congo, gishinzwe guhangana n’imitwe y’inyeshyamba, Capt. Mak Azukay, yatangaje ko ari inyeshyamba enye bishe, izindi nyinshi zirakomereka.
Nk’uko Radiyo Okapi ibitangaza, ngo ku ruhande rw’inyeshyamba, nabo bemeza ko hari umusirikare wa FARDC wapfuye undi arakomereka bikomeye.
Ubwo izi nyeshyamba ngo zahungaga nyuma yo gutsimburwa mu birindiro, ngo zasahuye amaduka y’abacuruzi, ziniba amatungo, urubyiruko rwo muri ako gace rurashimutwa kugira ngo ruzitwaze ibyo zasahuye.
Izi nyeshyamba ngo zahungiye mu gace ka Fatua, kari mu birometero 100 uvuye mu Burengerazuba bwa Kasuo. Sosiyeti Sivile ikaba itangaza ko abaturage bari bahungiye mu mashyamba bafite impungenge zo kugaruka mu byabo.
Ku wa Mbere tariki ya 13 Kanama 2018, ngo nibwo FARDC yatangiye kugaba ibitero simusiga kuri izi nyeshyamba za NDC/ Rénové mu duce twa Kaheri na Kasuo, turi muri teritwari ya Lubero (Nord-Kivu), izi nyeshyamba zikaba zari zimaze umwaka zaratwigaruriye


