RDC: Guverinoma yabwiye abaturage ko umwanzi wabo ari M23 aho kuba MONUSCO

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma ya Congo Kinshasa yakebuye abaturage bayo, ibabwira ko umwanzi bafite atari MONUSCO ko ahubwo ari umutwe wa M23.

Ni ibyatangajwe n’Umuvugizi wayo, Patrick Muyaya, nyuma y’inama y’umutekano kuri uyu wa Gatatu yayobowe na Minisitiri w’Intebe, Sama Lukonde.

Iyi nama yabaye mu gihe ibintu bikomeje kudogera mu Burasirazuba bwa Congo Kinshasa, kubera imvururu z’abaturage bakomeje kwigaragambya basaba ko MONUSCO yabavira mu gihugu.

Kuri ubu harabarurwa abarenga 20 bamaze kugwa muri izi mvururu barimo n’Ingabo za MONUSCO.

Muyaya yasabye abanye-Congo gutanga agahenge, ababwira ko MONUSCO atari we mwanzi wabo.

Ati: “Ntidukwiye kwibeshya ku mwanzi wacu. Umwanzi wacu si MONUSCO, umwanzi wacu ni M23.”

Muyaya yagaragaje ko uburakari abanye-Congo kuri ubu bafite bushobora gucungwa binyuze mu bufatanye hagati ya Guverinoma y’i Kinshasa n’intumwa yihariye y’umunyamabanga mukuru wa Loni muri Congo.

Kuri ubu imyigaragambyo yamagana MONUSCO iracyavugwa mu mujyi wa Goma n’uwa Butembo yombi yo muri Kivu y’Amajyaruguru ahamaze kugwa abasivile 15.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *