RDC: Hafashwe ingamba zo gukumira inyeshyamba za M23 muri Rutshuru

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’ingabo ndetse n’abahoze ari abarwanyi, Gilbert Kabanda, yatangaje, mu Nama y’abaminisitiri iheruka kuba ku wa Gatanu itariki 07 Mutarama 2022, hifashishijwe ikoranabuhanga, ko Guverinoma ya Congo ishishikajwe no kugera ku ntego zayo zo kugarura ubutegetsi bwa Leta mu gihugu hose kandi yafashe ingamba zo gukumira inyeshyamba za M23 muri Teritwari ya Ruthuru, muri Kivu y’Amajyaruguru.

Izi ngamba z’umutekano zirafatwa n’ubuyobozi bw’igihugu nyuma y’aho ahagana mu mpera z’umwaka ushize, havuzwe ibitero byinshi byitiriwe umutwe wa M23 watsinzwe mu 2012 ukaba wari umaze igihe utumvikana.

Muri raporo y’iyi nama y’abaminisitiri Kabanda agira ati: “Mu karere ka Rutshuru, harategurwa ingamba zo kuburizamo kugerageza uko ari ko kose kugaba ibitero kw’imitwe yitwaje intwaro, cyane cyane ibisigisigi bya M23 n’indi mitwe bifatanyije. Minisiteri y’ingabo y’igihugu ikomeje kwiyemeza kugera ku ntego zashyizweho na Guverinoma, ari zo: kugarura ububasha bwa leta mu turere twose tw’igihugu ”,

Icyakora, ku bijyanye n’akarere ka gatatu k’ingabo, ibikorwa by’ingabo z’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’ingabo z’igihugu cya Uganda (UPDF) birakomeje. Guhuriza hamwe kw’izo ngabo byatumye bigarurira icyicaro gikuru cy’inyeshyamba za ADF ahitwa Kambi Ya Jua.

Guverinoma ya Congo kandi nk’uko iyi nkuru dukesha politico.cd yagize iti: “Ibikorwa bigamije kwibasira ibindi birindiro birakomeje.”

Byongeye kandi, abayobozi bavuga ko mu karere k’ibikorwa ka Sukola I Grand Nord, abaterabwoba ba ADF / MTM hamwe n’abafasha babo, mu rwego rwo kwihimura ku bikorwa, bakoresha ibisasu byakorewe mu rugo kugira ngo batere ubwoba abaturage.

Minisitiri Gilbert Kabanda yijeje ko “Ingabo zirimo gushyiraho ingamba zo gushimangira ibikoresho bipima ibyuma n’abakozi kugira ngo hatabaho iterabwoba iryo ari ryo ryose.”

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. RDC: Hafashwe ingamba zo gukumira inyeshyamba za M23 muri Rutshuru
    Ntabwo bashobora M23.Kereka amahanga abyivanzemo.Kubuza umwana kujya iwabo ni nko kubuza imvura kugwa mu ishyamba cyimeza. M23 izatinda ariko izatsinda.

  2. RDC: Hafashwe ingamba zo gukumira inyeshyamba za M23 muri Rutshuru
    Ntabwo bashobora M23.Kereka amahanga abyivanzemo.Kubuza umwana kujya iwabo ni nko kubuza imvura kugwa mu ishyamba cyimeza. M23 izatinda ariko izatsinda.

  3. RDC: Hafashwe ingamba zo gukumira inyeshyamba za M23 muri Rutshuru
    nta kidashoboka kand ntabwo amahanga ariyo afatira Congo uko ihangana ni nyeshamba m23 ntanakimwe mbona izageraho uhereye igihe yabayeho

  4. RDC: Hafashwe ingamba zo gukumira inyeshyamba za M23 muri Rutshuru
    nta kidashoboka kand ntabwo amahanga ariyo afatira Congo uko ihangana ni nyeshamba m23 ntanakimwe mbona izageraho uhereye igihe yabayeho

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *