RDC: Haravugwa ubwiyongere bw’abitwaje intwaro biganjemo abakomoka mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Abatuye muri Bunyakiri muri Teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), cyane mu biturage bya Mubuku na Ziralo; baravuga ko hari ubwiyongere bw’abitwaje intwaro biganjemo abakomoka mu Rwanda.

Nk’uko igitangazamakuru Interview kibivuga, sosiyete sivile (socièté civile) ikorera muri Bunyakiri, yandikiye Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo (Théo Kasi), imumenyesha imiterere y’iki kibazo.

Iki gitangazamakuru kivuga ko cyabonye kopi y’iyi baruwa, kuri uyu wa 5 Mutarama 2021.

Muri iyi baruwa, iyi sosiyete sivile yasobanuriye Guverineri ko kuva mu 2018, imitwe yitwaje intwaro y’abanyamahanga, yatangiye kugaragara muri iyi teritwari. Ingabo za RDC zayigabyeho ibitero kuva mu mpera z’2019 ariko ngo yongeye kwisuganya.

Ibaruwa igira iti: “Bongeye kwiyubaka, ubu bari mu misozi miremire ya Mubuku na Ziralo, aho bazana n’ababakomokaho, bagashinga ibirindiro ku butaka bwa Katasomwa, Bibatama, Nyamugari, Kashiye, Rutare, Muzimu, Chireta, Chinono n’ahandi.”

Ngo abari muri iyi mitwe biganjemo Abanyarwanda, bamwe baturuka muri Teritwari nka Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, bajya muri Kalehe nk’abimukira.

Ikomeza ivuga iti: “Hagaragaye ukundi kwimuka kw’abarwanyi ba CNRD/FDLR bafite intwaro ziremereye kuva muri Mutarama 2019 na nyuma y’aho FARDC (ingabo za RDC) yabagabyeho ibitero, bajya muri Pariki ya Kahuzi Biega, ikindi gice kinini cyihishe mu miryango y’Abahutu b’Abanyekongo imaze igihe kirekire mu misozi miremire.”

Mu gukomeza kwagura iyi mitwe yitwaje intwaro, iyi sosiyete sivile ivuga ko hari urubyiruko rwinjizwamo rushukishijwe amafaranga. Yatanze urugero rw’urubyiruko rwinjijwe mu bikorwa by’imyitozo hagati ya Mata, Gicurasi na Kamena 2020.

Byari byaravuzwe ko imitwe nka CNRD yahashyijwe mu buryo bugaragara

Ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo zatangiye kugaba ibitero ku mitwe yitwaje intwaro mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo, guhera mu Kwakira 2019.

Icyo gihe zibasiyye cyane imitwe ikomoka mu bihugu by’ibituranyi nka FDLR urwanya Leta y’u Rwanda, CNRD wiyomoye kuri FDLR na ADF ukomoka muri Uganda.

Mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo cyane cyane muri Teritwari ya Kalehe, ingabo za RDC zavuze ko zasenye ibirindiro hafi ya byose by’umutwe wa CNRD nk’umwe mu yari ikomeye ikorera muri aka gace. Bamwe mu barwanyi bafashwe mpiri, abandi bahungira mu bice birimo Pariki ya Kahuzi Biega, abandi baricwa.

Perezida wa RDC, Felix Tshisekedi ubwo yari imbere y’Inteko Ishinga Amategeko, tariki ya 13 Ukuboza 2019, yavuze ko 95% by’ibirindiro by’uyu mutwe byari muri Teritwari ya Kalehe, byasenywe n’ingabo za RDC, zifata mpiri abagera kuri 245 barimo abayibozi babo. Zafashe kandi n’abagize imiryango yabo bakabakaba 1500.

Na nyuma y’iri jambo rya Perezida Tshisekedi, abarwanyi ba CNRD, byavugwaga ko ari bake bari barasigaye muri Kalehe n’abahungiye muri Kahuzi Biega, bakomeje kugabwaho ibitero.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. RDC: Haravugwa ubwiyongere bw’abitwaje intwaro biganjemo abakomoka mu Rwanda
    Ese ko twumvaga ko babamaze iyo mu mashyamba aba bo kandi bakomotsehe?

  2. RDC: Haravugwa ubwiyongere bw’abitwaje intwaro biganjemo abakomoka mu Rwanda
    Ese ko twumvaga ko babamaze iyo mu mashyamba aba bo kandi bakomotsehe?

  3. RDC: Haravugwa ubwiyongere bw’abitwaje intwaro biganjemo abakomoka mu Rwanda
    Ndashima amakuru mutwandikira

  4. RDC: Haravugwa ubwiyongere bw’abitwaje intwaro biganjemo abakomoka mu Rwanda
    Ndashima amakuru mutwandikira

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *