Bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi barimo gucura umugambi wo kwishyira hamwe bagategura imyigaragambyo yo kwamagana no kuburizamo gahunda y’irahira rya Perezida Tshisekedi.
Ni umugambi watangiye kumenyekana kuri uyu wa Kane tariki ya 18/01/2024, aho abarimo Martin Fayulu, Moà¯se Katumbi, Anzuluni Floribert n’abandi bahamagariye Abanyekongo bose kwigaragambya ngo bagaragaze ko batishimiye ibyavuye mu matora.
Ni imyigaragambyo izaba iteganyijwe ku munsi wo kurahira kwa Perezida Félix Antoine Tshilombo, tariki ya 20/01/2024, azaba ari ku wa Gatandatu, taliki 20 Mutarama2024.
Aba bateguye iyi myigaragambyo , bavuga ko kugeza ubu batemera ko Tshisekedi yatsinze amatora , ahubwo ngo yarayibye abifashijwemo na Perezida wa Komisiyo yigenga y’amatora (CENI).
Ni mu gihe Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga ruherutse gutangaza ko bidashidikanywaho Tshisekedi ariwe watsinze amatora n’amajwi arenga 73% naho Katumbi wari umukurikiye abona arenga gato 18%.
Gusa abatavuga rumwe n’ubutegetsi batandukanye, bahuriza ku kuba bashaka guhuza imbaraga ngo bakureho ubutegetsi bwa Tshisekedi.Ibi bikunda kugarukwaho na Coroneille Nangaa washinze ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC) yahurijemo indi mitwe urimo n’abarwanyi ba M23.


