RDC: Hatangiye urubanza rw’abapolisi barashe ku banyeshuri bari mu myigaragambyo

Sangiza iyi nkuru

Ku mabwiriza ya Guverineri w’Intara ya Kongo Central, Grace Nkuanga Masuangi Bilolo, ku wa Kabiri, itariki ya 8 Ukwakira 2024, mu Rukiko rwa Gisirikare rwa Matadi hafunguwe urubanza rw’abapolisi babiri barashe amasasu ya nyayo ku banyeshuri bari mu myigaragambyo gusubukura amasomo mu Mujyi wa Matadi Ku wa Mbere, itariki 7 Ukwakira .

Kuri ubu aba bapolisi bombi barimo kuburanishwa imbere y’Urukiko rwa Gisirikare rwa Matadi, nk’uko amakuru agera kuri mediacongo.net avuga.

Aba banyeshuri bo mu mashuri ya leta muri Komini ya Nzanza muri Matadi, Umurwa Mukuru w’Intara ya Kongo Central, bose bari bahagurukiye guhura n’abayobozi babishoboye kugira ngo bagaragaze ko barambiwe imyigaragambyo y’abakora mu burezi. Banyuze imbere y’Umujyi wa Matadi, batatanwa n’abashinzwe umutekano bakoresheje amasasu ya nyayo.

Bidatinze, Guverineri Grace Bilolo yategetse ko abapolisi bakoze ibi batabwa muri yombi ku mugoroba wo ku wa Mbere.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *