RDC: Hatowe Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko witandukanyije na Kabila

Sangiza iyi nkuru

Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, umutwe w’abadepite, kuri uyu wa Gatatu yabonye perezida mushya, Christophe Mboso, wegereye Perezida Felix Tshisekedi, nyuma y’ibyumweru bitatu uwari usanzweho, Jeannine Mabunda, yegujwe.

Mu majwi 466, Mboso yatorewe kuyobora Inteko Ishinga Amategeko, umutwe w’Abadepite ku majwi 389 nk’uko byatangajwe na AFP.

Mboso w’imyaka 79, wari umukandida rukumbi, yiyunze ku mugaragaro ku ruhande rwa Perezida Tshisekedi mu Ukuboza nyuma yo gusezera mu ihuriro FCC rya Joseph Kabila, wahoze ari Perezida wa Congo.

Mbere y’aya matora yo kuwa Gatatu ariko, bamwe mu banyekongo bakurikiranira hafi ibya politiki y’igihugu cyabo bibazaga niba aya bayita amatora cyangwa ari ukugena umuntu.

Umwe muri bo, Youyou Muntu Mosi, akaba ari impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu, abinyujije kuri twitter yagize ati: “Ese ubu twabyita amatora kuri uru rwego, cyangwa ni ukugena?”

Perezida Tshisekedi watsinze amatora yo mu Ukuboza 2018, kugeza mu Ugushyingo umwaka ushize yayoboraga igihugu mu bufatanye n’uwo yasimbuye, Joseph Kabila.

Yaje guhagarika iryo huriro ku butegetsi agenda yigizayo abantu bari begereye Kabila barimo uwari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Jeannine Mabunda na Minisitiri w’Intebe, Sylvestre Ilunga Ilunkamba, wirukanwe muri iki cyumweru nabwo ku buyobozi bw’agateganyo bwa Mboso mu nteko ishinga amategeko.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *