RDC: Imirwano ikomereje Kibirizi nyuma y’uko M23 ifashe Nyanzale, Kirima, Kashalira, Kikuku na Kibingu

Sangiza iyi nkuru

Inyeshyamba za M23 zikomeje kwegera imbere no gufata teritwari zitandukanye muri Kivu y’Amajyaruguru, aho amakuru yemeza ko mu masaha 48 inyeshyamba za M23 zabashije kwigarurira ibice bya Nyanzale, Kirima, Kashalira, Kikuku na Kibingu.

Kuri uyu wa Kane ushize, itariki 7 Werurwe guhera saa moya n’igice za mu gitondo, urusaku rw’amasasu rwumvikanaga muri Kibirizi, muri Sheferi ya Bwito. Abahatuye baravuga ko urusaku rw’amasasu rwumvikana mu mpande zose, ariko kugeza saa mbiri n’igice nta musirikare wa FARDC, Aba-Wazalendo cyangwa umurwanyi wa M23 bagaragaraga muri uyu mujyi.

Inyeshyamba za M23 bivugwa ko zimaze iminsi ibiri zitangije ibitero, zabashije gufata umujyi wa Kikuku, umurwa mukuru wa Bwito muri Teritwari ya Rutshuru nta guhangana guhambaye kubayeo na FARDC na Wazalendo.

Inyeshyamba ngo zabashije kubaca inyuma zica itumanaho ryose muri uyu mujyi w’ingenzi ku bijyanye n’umuco muri ako karere. Ibi byaje nyuma yo gufata Kashalira, Kirima n’Umujyi w’ingenzi wa Nyanzale.

Hagati aho, i Goma haravugwa itabwa muri yombi ry’abiswe abagambanyi, mu banyapolitiki, n’abaturage bakora muri Kivu y’Amajyaruguru bashinjwa gukorana n’inyeshyamba za M23 bafashwe na FARDC. Aba ngo vuba barerekwa abaturage nyuma y’iperereza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *