RDC: Imyigaragambyo mu kigo gicumbikiye abahoze mu nyeshyamba yaguyemo abantu bataramenyekana

Sangiza iyi nkuru

Benshi mu bahoze mu mitwe y’inyeshyamba bashyize intwaro zabo hasi baba baguye mu myigaragambyo yagenze nabi bari bateguriye mu nkambi ya gisirikare ya Kamina bakusanyirijwemo. Aba bakaba ngo bigaragambirizaga kuba bakomeje gufungirwa muri iyi nkambi n’amahugurwa yo kwikorera bahawe ngo azabafashe nibasubira mu buzima busanzwe nk’uko amakuru aturuka muri Congo avuga.

“Kugeza ubu twari abanyamahoro. Nta muntu twigeze duhungabanya. Ariko, abasirikare baduteye barasa amasasu ya nyayo. Hari nk’abantu 27 bapfuye n’abandi benshi bakomeretse.” , uwo ni umwe mu bahoze ari abarwanyi avugana na, Radio Okapi dukesha iyi nkuru, ku murongo wa telephone.

SAM_0198

Amakuru aturuka muri sosiyete sivile yo avuga ko ari abakuwe mu mitwe y’inyeshyamba babarirwa mu 10 bishwe n’abandi benshi bakoretse. Nta makuru n’amwe aturuka mu nzego z’ubuyobozi aremeza iyi mibare nubwo minisitiri w’ingabo wungirije ari muri Kamina guhera kuri uyu wa Kabiri aho yakoreye inama y’umutekano ku gicamunsi.

Ibihumbi byinshi by’abahoze mu mitwe yitwaje intwaro bashyize kintwaro zabo hasi byakusanyirijwe mu nkambi ya gisirikare ya Kamina. Bamwe baturutse muri Kivu y’Amajyaruguru. Mu busabe bari bagejeje kuri cabinet ya guverineri wa Haut-Lomami, ngo abigaragambije bagera ku 4,000 bari bamenyesheje ko bari bwigaragambye mu mahoro mu rwego rwo gusezera abaturage ba Kamina nyuma y’uko bari basoje amahugurwa yose atangirwa muri iki kigo cyo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu gisirikare.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *