Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, FARDC kimaze kwica abarwanyi b’umutwe w’inyeshyamba wa ADF mu cyumweru kimwe.
Nk’uko umugaba w’ibitero bya Sokola 1 bigamije guhashya imitwe yitwaje intwaro n’inyeshyamba, Brig. Gen. Ychaligonza Nduru Jacques yabitangarije Actualide.CD, aba barwanyi bose baguye mu mirwano yabereye mu duce tugize umugi wa Beni harimo: Vemba, Kadou, Kididiwe n’utundi 46. Ibi bitero kandi byaguyemo ingabo z’igihugu 7.
Gen. Ychaligonza avuga ko izi nyeshyamba zavanwe muri utu duce uko ari 49 harimo izi zishwe, izakomeretse, izafashwe mpiri n’izashoboye gucika.
Umuvugizi wa FARDC, Gen. Maj. Leon Richard Kasonga yavuze ko ibi bitero biri gukorwa n’iki gisirikare gusa, habe n’ubufasha bwa MONUSCO. Ibi bihabanye n’amakuru amaze iminsi avugwa ko hari ibihugu by’ibituranyi byoherejeyo ingabo zabyo ngo bitahirize umugozi umwe birwanya izi nyeshyamba n’abitwaje intwaro.
Nyuma y’umutekano muke umaze imyaka irenga makumyabiri mu burasirazuba bwa Congo/Kinshasa, uterwa n’imitwe y’inyeshyamba y’imbere mu gihugu n’ituruka hanze, FARDC yongeye guhagurukana ingamba nshya ku wa 30 Ukwakira 2019 kugira ngo iyisenye burundu kuko ubusanzwe byari bisa n’ibyananiranye.


