RDC: Inyeshyamba za ADF zashimuse abasivili 36 nyuma y’igitero kuri FARDC

Sangiza iyi nkuru

Sosiyete sivile yo mu Beni muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, iravuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu ushize abantu babarirwa muri 30 bashimuswe nyuma y’igitero cy’umutwe wa ADF ahitwa Samboko, mu burasirazuba bwa Komini Oicha, yo muri iyi Teritwari ya Beni.

Hari Saa kumi n’imwe za mugitondo uyu munsi. Icyo twabonye ni uko, hari abantu 36 b’abasivili batwawe bakaba babuze, ariko n’Ihene, inkoko, byatwawe. Kugeza ubu icyerekezo cyabo ntikiramenyekana ,” uyu ni Noella Muliwavyo, Perezidante wa Sosiye Sivile ya Beni.

Uyu yasabye igisirikare cya Congo, FARDC na Monusco, kongera ibikorwa bya gisirikare ku mutwe wa ADF mu rwego rwo kugarura amahoro muri iki gice. Yanabasabye gufata ingamba zo kurinda abaturage baherereye mu burengerazuba bwa Oicha avuga ko babaye igipimo cya ADF.

Yagize ati: “ Turabizi ko hari ibikorwa bya gisirikare muri zone yacu kandi ibyo bikorwa bigomba kugira akamaro na Monusco, n’ubutumwa bwayo bwo kurinda abaturage, igomba kureba uko yagaragaza ahantu hamaze kuba igipimo cy’aba ba ADF ,”

Radio Okapi dukesha iyi nkuru ikaba ivuga ko amakuru aturuka mu gisirikare atemeza imibare y’abasivili 36 bashimuswe, ariko yemeza igitero cyo kuri uyu wa Gatatu cya ADF ku birindiro bya FARDC ahitwa Chani Chani, igiturage cyegereye Samboko.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *