Prof. Tshibangu aremeza ko M23 irusha imbaraga ingabo za EAC zizoherezwa muri RDC

RDC iremeza ko M23 irusha imbaraga ingabo za EAC zizoherezwayo

Sangiza iyi nkuru

Ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) buremeza ko umutwe witwaje intwaro wa M23 urusha imbagara ingabo z’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) zizoherezwa mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo na Ituri.

Byatangajwe n’intumwa nkuru ya Perezida wa RDC mu mishyikirano ya Leta n’imitwe yitwaje intwaro, Prof. Serge Tshibangu Kalala, mu kiganiro yagiriye kuri Radio Okapi kuri uyu wa 13 Ukwakira 2022.

Tshibangu ushinjwa n’Umuvugizi wa M23 ku rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, kugira uruhare rukomeye mu ikurwa ry’uyu mutwe mu mishikirano y’i Nairobi muri Mata 2022, yibukije ko umaze igihe usaba kugirana ibiganiro na Leta, abazwa niba byashoboka.

Yasubije umunyamakuru ko n’ubwo atari Umuvugizi wa guverinoma, yumva Leta ya RDC itajya mu biganiro na M23 kuko ngo ari umutwe w’iterabwoba, yongeraho ko uterwa inkunga na Leta y’u Rwanda.

Nka MONUSCO n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, Tshibangu yashimangiye ko M23 imaze amezi ane ifashe umujyi wa Bunagana igaragaza imbaraga nyinshi kurusha igisirikare cya Leta, kandi ngo inazirusha ingabo za EAC byitezwe ko zizatangira ubutumwa mu gihe cya vuba.

Yagize ati: “M23 guverinoma yemeza ko ari umutwe w’iterabwoba yagaragaje imbaraga z’igisirikare kurusha FARDC n’ingabo z’akarere z’ibihugu bya Afurika yo mu burasirazuba ziri muri gahunda yo koherezwa mu burasirazuba bwa RDC. Nta biganiro na M23.”

Iki kiganiro kibayeho nyuma y’icyo Lawrence Kanyuka yagiranye n’umunyamakuru Christophe Rigaud w’ikinyamakuru Afrikarabia tariki ya 12 Ukwakira 2022. We yatangaje ko M23 itazava ku butaka iriho kuko ngo ari iwabo w’abarwanyi bayo.

Prof. Tshibangu aremeza ko M23 irusha imbaraga ingabo za EAC zizoherezwa muri RDC
Prof. Tshibangu aremeza ko M23 irusha imbaraga ingabo za EAC zizoherezwa muri RDC

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. RDC iremeza ko M23 irusha imbaraga ingabo za EAC zizoherezwayo
    Salt ndashima kubiganirobilikuba imana ifashe ubuyobozibwacu babishire mubikorwa ,ikindi nvuga nuko m23 ahilintabwo liwabo kuko iyohazakuba iwabo ntabwo bababaligusahurandetse nokutwichila abatu

  2. RDC iremeza ko M23 irusha imbaraga ingabo za EAC zizoherezwayo
    Salt ndashima kubiganirobilikuba imana ifashe ubuyobozibwacu babishire mubikorwa ,ikindi nvuga nuko m23 ahilintabwo liwabo kuko iyohazakuba iwabo ntabwo bababaligusahurandetse nokutwichila abatu

  3. RDC iremeza ko M23 irusha imbaraga ingabo za EAC zizoherezwayo
    Salt ndashima kubiganirobilikuba imana ifashe ubuyobozibwacu babishire mubikorwa ,ikindi nvuga nuko m23 ahilintabwo liwabo kuko iyohazakuba iwabo ntabwo bababaligusahurandetse nokutwichila abatu

  4. RDC iremeza ko M23 irusha imbaraga ingabo za EAC zizoherezwayo
    Salt ndashima kubiganirobilikuba imana ifashe ubuyobozibwacu babishire mubikorwa ,ikindi nvuga nuko m23 ahilintabwo liwabo kuko iyohazakuba iwabo ntabwo bababaligusahurandetse nokutwichila abatu

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *