RDC: Jacques Mugabo yatawe muri yombi nyuma y’imyaka 11 ahigishwa uruhindu

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’imyaka 11 ahigishwa uruhindu kubera uruhare akekwaho mu rupfu rw’impirimbanyi Floribert Chebeya, Jacques Mugabo wahoze ari umupolisi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatawe muri yombi.

Floribert Chebeya wahoze ari w’ishyirahamwe riharanira uburenganzira bwa muntu “La Voix des sans Voix”, yishwe ku itariki ya 01 Kamena 2010 ari kumwe n’uwari umushoferi we witwa Fidèle Bazana.

Chebeya yari yatumiwe i Kinshasa ku biro bya Polisi ya RDC, kugira ngo abonane n’uwari uyoboye Polisi witwa John Numbi.

Uyu Numbi yahakanye muri 2015 yagejejwe imbere y’ubutabera ahakana ko atigeze atumaho Chebeya ngo babonane, gusa uruhande rwaburaniraga Floribert Chebeya rwo rukavuga ko ari we uza ku isonga mu bafite icyo bazi ku rupfu rw’iriya mpirimbanyi.

Magingo aya Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi akomeje kotswa igitutu kugira ngo Numbi utagifite inshingano mu gisirikare na we atabwe muri yombi.

Icyo gihe abapolisi batanu ba Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakatiwe igifungo cya burundu nyuma yo guhamywa icyaha cyo kugira uruhare mu iyicwa rya Chebeya, mu gihe abandi bari baratorotse.

Mu bari baratorotse harimo Jacques Mugabo watawe muri yombi ku wa kabiri w’iki cyumweru.

Amakuru avuga ko Mugabo yafatiwe i Lubumbashi ho mu ntara ya Haut-Katanga, mbere yo koherezwa i Kinshasa ku wa Gatatu.

Uyu mupolisi yatawe muri yombi nyuma y’ubuhamya buheruka gutangwa n’uwitwa Hergil Ilunga Wa Ilunga uri mu bapolisi bari bahawe inshingano zo kwica Chebeya.

Uyu utari mu barezwe kugira uruhare mu rupfu rw’iriya mpirimbanyi, yatunze atunga agatoki abahoze ari abayobozi b’umutwe w’abakomando uzwi nka Simba kugira uruhare mu iyicwa rya Chebeya.

Abashyizwe mu majwi barimo Colonel Daniel Mukalay wakatiwe igifungo cy’imyaka 15 na Maj Christian Ngoy Kenga Kenga watawe muri yombi muri Nzeri umwaka ushize.

Kurikira ibiganiro n’ama Video binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. RDC: Jacques Mugabo yatawe muri yombi nyuma y’imyaka 11 ahigishwa uruhindu
    Ese ubundi uyu Claude n’umucongoman kweli?ngoyi Christian WE ndamuzi arazira kabira niya portique yo muri Afrique Congo waragowe pe

  2. RDC: Jacques Mugabo yatawe muri yombi nyuma y’imyaka 11 ahigishwa uruhindu
    Ese ubundi uyu Claude n’umucongoman kweli?ngoyi Christian WE ndamuzi arazira kabira niya portique yo muri Afrique Congo waragowe pe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *