RDC: Jean-Pierre Bemba yamaze guhabwa uruhushya rw’inzira izamusubiza mu gihugu cye

Sangiza iyi nkuru

Umunyapolitiki Jean-Pierre Bemba utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, akaba aherutse kurekurwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, kuri uyu wa gatanu ushize yahawe passport y’abadipolomate izamufasha gusubira mu gihugu cye aho ateganya kuzahatana mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu Ukuboza 2018.

Ni nyuma y’uko yari amaze imyaka 10 afunzwe na ICC ikaza kumurekura kuwa 08 Kamena, nyuma yo guhanagurwaho ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu yashinjwaga, agahita yerekeza mu gihugu cy’u Bubiligi.

Ishyaka abereye umuyobozi ari ryo MLC kuri uyu wa Gatanu ushize, itariki 13 Nyakanga kandi ryamugennye nk’umukandida waryo muri aya matora ategerejwe ku itariki 23 Ukuboza 2018.

Nubwo hataramenyekana igihe azasubirira muri Congo, amakuru dukesha Jeune Afrique aravuga ko mu byumweru bibiri bishize ari bwo Jean-Pierre Bemba yagiye kuri ambasade ya Congo I Buruseli mu ibanga agiye gusaba uruhushya rw’inzira (Passport) rw’abadipolomate nk’umusenateri.

Kugeza ubu nta cyabuza Bemba gusubira iwabo

Amakuru yaturutse muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Congo avuga ko iyi passport Bemba yasabaga yayihawe kuri uyu wa Gatanu ushize, itariki 13 Nyakanga, igashyikirizwa uwitwa Fidèle Babala bivugwa ko ari ukuboko kw’iburyo kwa Bemba kubw’ibyo ubu hakaba nta cyabuza uyu munyapolitiki gutaha.

Nubwo bimeze gutyo akaba yararekuwe, Jean-Pierre Bemba hari urundi rubanza rumutegereje aregwamo gushuka abatangabuhamya, aho ategerejwe kuburana hakazafatwa umwanzuro wa nyuma umuha kwidegembya nk’uko abunganizi be babisaba, cyangwa akongera gukatirwa nk’uko ubushinjacyaha bwamusabiye imyaka 5 y’igifungo bubyizeye.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *