Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rukorera La Haye (CPI) rwagize umwere Jean Pirre Bemba wahoze ari Visi Perezida muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku byaha yaregwaga birimo ibyo guhohotera uburenganzira bw’ikiremwamuntu.
Jean Pirre Bemba yari yarahamijwe ibyaha byo mu ntambara hamwe n’ibyaha bijyanye no guhohotera uburenganzira bw’ikiremwamuntu.
Mu mwaka wa 2016, Bemba yakatiwe igifungo cy’imyaka 18 ashinjwa ubugizi bwa nabi bwakozwe n’abasirikare be mu gihugu cya Centre Afrique, harimwo kwica no gufata ku ngufu.
Abacamanza bavuze ko adashobora kubazwa ibyaha byakozwe n’abasirikare be mu gihugu cy’amahanga.
Bemba yari amaze hafi imyaka 10 muri gereza ya CPI i La Haye mu Buholandi. BBC igatangaza ko abamushyigikiye bakaba banejejwe n’iki cyemeze cyo kumugira umwere.
Bemba w’imyaka 55 y’amavuko, yatawe muri yombi ku wa 24 Gicurasi 2008 aho yari ari i Bruxelles mu Bubiligi, ku bw’impapuro zo kumuta muri yombi zari zarashyizweho na CPI.


