Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ingano y’imishahara y’abayobozi batowe yongeye kutavugwaho rumwe, aho impaka nshya zavutse nyuma y’ibyatangajwe na perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko, Vital Kamerhe mu cyumweru gishize, aho yemeje ko abadepite bahembwa miliyoni 14 z’amafaranga y’Amanyekongo, hafi 5,000$, ariko nyuma humvikana benshi bamagana iyi mibare .
Imibare yatanzwe mu mpera z’iki cyumweru na Vital Kamerhe iri munsi y’ibyateganijwe mu itegeko ry’imari rya 2024 aho umushahara wose w’abayobozi batowe urenga miliyari 140 z’amafaranga y’Amanyekongo, hafi miliyoni 46.3 z’amadolari.
Ibi bivuze ko umushahara urenga $ 8.500 buri kwezi ku mudepite, mu gihe bagera kuri 500 mu nteko nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, ivuga.
Iri tandukaniro mu mibare yatanzwe ryagaragajwe n’imiryango myinshi itegamiye kuri leta, harimo “Congo n’est pas à vendre” cyangwa Congo ntabwo igurishwa, Lucha na Observatoire de la dépense publique (Odep). Kuri Odep, iki kibazo rero kigomba gusobanurwa.
Perezida wayo, Florimond Muteba, asanga “imishahara y’abadepite igera ku madolari 9000, na 11,000 ku basenateri”. Yongeyeho ko ariko wongeyeho uduhimbazamusyi n’ibindi bagenerwa, umushahara ushobora no kwikuba kabiri.
Biragoye rero kumenya umushahara nyawo w’abayobozi batowe. Sosiyete sivile ihora yamagana ko hariho “Ikigega kidasanzwe cyo Gutabara”, giteganywa mu itegeko ry’imari kandi ibigo rimwe na rimwe bikagikoresha mu kongera imishahara.


