Mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu Mujyi wa Bukavu, ku nshuro ya mbere hagaragaye abantu babairi barwaye Ebola ndetse umwe muri bo yitabye Imana nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Gatanu n’ubuyobozi bw’intara ibaye iya gatatu muri Congo igezwemo na Ebola.
Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu y’Amajyepfo bwatangarije AFP ko abantu babiri basuzumwe bagasangwamo Ebola mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, itariki 15 kanama, muri Teritwari ya Mwenga.
Umwe mu bayanduye ni umugore w’imyaka 26 wapfuye mu gihe umuhungu we w’imyaka 7 wasanzwemo iyi ndwara we akiri muzima aho ari kwitabwaho n’itsinda ry’abaganga.
Indwara ya Ebola yatangajwe bwa mbere muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kuwa 01 Kanama 2018 yabarizwaga muri Kivu y’Amajyaruguru mu bice bya Beni, Butembo na Ituri ndetse yanageze I Goma ariko isubizwa inyuma.
Iyi ndwara yagargaye muri Kivu y’Amajyepfo bwa mbere biravugwa ko ishobora gukwirakwira igana Kalemie, mu Ntara ya Tanganyika, ndetse ngo ikaba ishobora no kwambuka ikagera muri Tanzania no mu Burundi.
Ni kunshuro ya kabiri Congo ihangana n’Icyorezo cya Ebola ku butaka bwayo kuva cyahagaragara bwa mbere mu 1976.


