RDC: Minisitiri w’Intebe mushya arashaka kugabanya umubare w’abaminisitiri muri guverinoma ye

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Intebe mushya wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Judith Suminwa, yashyize ahagaragara igitekerezo cya guverinoma igizwe n’abaminisitiri 45 mu biganiro kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 16 Mata 2024 n’urubuga rwa politiki rwa PEP-AAAP, ruyobowe n’umuyobozi warwo, Tony Kanku Shiku, usanzwe ari na mubyara wa Perezida Felix Tshisekedi

Laurent Batumona umwe mu bagize uru rubuga yagize ati “Tumaze kuganira na Minisitiri w’intebe ku bijyanye no gushyiraho guverinoma. Yasabye guverinoma igizwe n’abaminisitiri 45. Mu guteza imbere ubumwe bw’igihugu no kwirinda gutandukana, twibwira ko ashobora kongera gusuzuma aho ahagaze. Hanyuma twaganiriye kuri gahunda ya leta. Twagaragaje ibyifuzo byacu kugirango byinjizwe muri gahunda. Yatumenyesheje igipimo kiri hagati y’umubare w’abaminisitiri n’abadepite: abadepite 10 bahuye na minisitiri 1, naho abadepite 9 b’igihugu bangana na visi-minisitiri. Twamugejejeho kandi icyo tugamije.. ”

Uyu avuga ko urubuga rwa PEP-AAAP (Alliance des Acteurs Attachés au Peuple ), ruyobowe na Tony Kanku Shiku, ruzatanga urutonde rw’abakandida b’abaminisitiri hitawe ku bipimo nk’ubushobozi, uburambe na geopolitike, hakurikijwe ibisabwa na Minisitiri w’intebe.

Ihuriro rya politiki rya PEP-AAAP, rihuza AAAP, AE, AMSC na A2R, riza ku mwanya wa 3 mu kugira ubwiganze mu nteko ishinga amategeko, hamwe n’abadepite 37 ku rwego rw’igihugu.

Minisitiri w’Intebe mushya wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo arifuza gushinga guverinoma igizwe n’abaminisitiri 45 mu gihe iheruka ya Sama Lukonde yari igizwe na 57.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *