RDC: Mwarimu yishwe n’umutima, amaze kumenyeshwa ko azamara amezi atatu adahembwa

Sangiza iyi nkuru

Mwarimu witwa Kabongo Germain wigishaga mu mujyi wa Kalemie uri mu Ntara ya Tanganyika muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yishwe n’indwara y’umutima nyuma yo kumenyeshwa ko azamara amezi atatu adahembwa.

Ubusanzwe abarimu muri Tanganyika bishyurwa na banki ya TMB. Iyi banki mu Kuboza 2020 yamuhembye amafaranga akoreshwa muri iki gihugu 750,000 kandi yaragombaga kumuhemba 285,000; ari nawo mushahara w’ukwezi.

Banki yaje kumuhagarikira umushahara, agiye kubaza impamvu atahembwe, imumenyesha ko ubushize yamuhaye umushahara mwinshi, bityo atazabona uw’amezi atatu yose.

Perezida w’ihuriro ry’abarimu bo mu Ntara ya Tanganyika, Bruno Jibikilayi yasobanuriye 7 Sur 7 dukesha iyi nkuru iby’urupfu rwa mwarimu Kabongo, agira ati: “Umwe mu barimu yarapfuye, ubwo yari muri koma (coma). Ubwo twahageraga, batubwiye ko yapfuye kandi ko urupfu rwe rufitanye isano na banki. Banki itwishyura ni TMB.”

Yakomeje ati: “Mwarimu yaje gusobanurira umuyobozi w’ishuri ko yagiye kuri banki, banki imubwira ko izamara amezi atatu itamwishyura kubera ko mu Kuboza 2020 yamuhaye amafaranga menshi, aho kumwishyura 285,000 FC, banki yamuhaye 750,000 FC. Yaje mu rugo yababaye.”

Jibilikayi yavuze ko nyuma yo gusobanurira umuyobozi w’ishuri, Kabongo yakomeje akazi, ariko ubuzima buranga ubwo yandikaga ku kibaho.

Ntabwo iki gitangazamakuru gisobanura icyakurikiyeho, gusa igishoboka ni uko Kabongo yaba yarajyanwe ku bitaro, agapfirayo.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *