Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yemejwe nk’umukandida uzahagararira impuzamashyaka AFDC-A mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri 2023.
Ni amakuru yemejwe n’iriya mpuzamashyaka mu itangazo ryo ku wa Mbere tariki ya 26 Nyakanga Radio Okapi dukesha iyi nkuru ivuga ko yakiriye ku wa Kabiri.
Iri tangazo rivuga ko “Ihuriro ry’abaperezida b’amashyaka n’abanyapolitiki bafatanyije n’abadepite, abasenateri n’abaminisitiri b’igihugu, batoye nyakubahwa Félix- Antoine Tshisekedi Tshilimbo, Perezida wa Repubulika uriho ubu akaba n’Umukuru w’igihugu cya RDC nk’umukandida w’ihuriro ry’imitwe ya Politiki rya AFDC-A mu matora ya Perezida ataha.”
AFDC-A kandi yategetse Perezida wayo, Modeste Bahati, gushyiraho mu izina ryayo umuntu abona akwiye kandi afite ubushobozi bwo kuba intumwa yayo muri Komisiyo y’amatora muri RDC (CENI).
Perezida Tshisekedi yemejwe nk’umukandida w’ihuriro AFDC-A (Alliance Des Forces Démocratiques du Congo) rigizwe ahanini n’abiyomoye kuri Joseph Kabila, mu gihe asanzwe anafite ishyaka rya UPDS abarizwamo.
Kwinjira muri ririya huriro, ababikurikiranira hafi babihuza no kuba ririmo abamushyigikiye benshi bashobora kuzamushakira amajwi mu matora y’Umukuru w’Igihugu ataha.
Uretse AFDC-A, Perezida Tshisekedi anashyigikiwe n’abarimo Moïse Katumbi na Jean Pierre Bemba bashobora kuzamufasha gutsindira Manda ya kabiri yo kuyobora Congo Kinshasa.


