Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, mu ruzinduko muri Namibia kuri uyu wa Kabiri yasezeranyije ko imfungwa zose za politiki ziri mu magereza zigiye gufungurwa mu minsi iri imbere.
“ Ubutegetsi bwa Kabila bwakoze igihe cyabwo. Ubu ni icyanjye gitangiye kandi mfite uburyo bwanjye ”, ibi ni ibyatangajwe na Perezida Felix Tshisekedi umaze iminsi igera kuri 30 ku butegetsi.
Tshisekedi akaba yageze I Windhoek kuri uyu wa Kabiri, itariki 26 Gashyantare mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri, aho yaboneyeho no kugirana ikiganiro n’itangazamakuru ari kumwe na mugenzi we wa Namibia, Hage Geingob.

Gufungura imfungwa za politiki no kuvugurura urwego rw’ubutasi
Kubaha uburenganzira bwa muntu, gutanga uburenganzira bwo kwigaragambya, guha umwanya abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu itangazamakuru rya leta, ni bimwe mu byo Perezida Tshisekedi ashyize imbere. Yemeje ko kandi imikorere ye hari ibyo imaze kugaragaza.
Yagize ati: “ Kuva natorwa, natangiye guhana abakozi b’inzego z’umutekano bahonyora uburenganzira bw’abanyagihugu. Ku rwego rwa televiziyo y’igihugu, ijambo rihabwa abatavuga rumwe n’ubutegetsi. Ibikorwa bya Martin Fayulu bicaho bitabangamiwe kandi akomeje gukoresha imyigaragambyo mu bwisanzure bwose .”
Felix Tshisekedi yanagarutse ku kibazo cy’imfungwa za politiki. Ati: “ Mu minsi iza, imfungwa zose za politiki zizafungurwa ”. Aha yasobanuye ko hagiye gushyirwaho ingengabihe y’uko bazagenda barekurwa hakurikijwe uko ibibazo byabo biteye kuko ngo hari abagomba guhabwa imbabazi z’umukuru w’igihugu abandi bikazagenda byigwaho.
Ati: “ Uko byatinda kose, icyizwi n’uko nuko imfungwa zose za politiki zizafungurwa mu minsi iri imbere. ”

Félix Tshisekedi kandi yatangaje ko yahaye amabwiriza Urwego rw’Igihugu rw’Ubutasi (ANR)yo gufunga kasho zose zitemewe n’amategeko zifungirwamo abantu.
Ati: “ Tugiye guha ANR indi sura, irushijeho kuba iya kimuntu. Namaze gutanga amabwiriza yo gufunga kasho zose za ANR kandi ko badashobora gukomeza gufunga abantu kubera ibitekerezo bya politiki .”
Uru rwego rw’ubutasi rwa Congo Tshisekedi akaba avuga ko rwakunze gukorera mu kwaha kw’ubutegetsi kuva igihugu cyabona ubwigenge.
Â
Â


