Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yifatanyije na Martin Fayulu batavuga rumwe mu kunamira Karidinali Laurent Monsengwo Pasinya witabye Imana.
Karidinali Monsengwo wahoze ari umushumba wa Diyosezi ya Kinshasa yitabye Imana ejo ku cyumweru aguye mu Bufaransa, aho yari amaze iminsi arwariye.
Inkuru y’urupfu rwe yatangajwe na Karidinali Fridolin Ambongo Besungu wamusimbuye ubwo yajyaga mu kiruhuko cy’izabukuru mu 2018.
Perezida Tshisekedi mu butumwa bwe bwanyujijwe kuri Twitter y’ibiro bye, yavuze ko yababajwe cyane n’urupfu rwa Monsengwo.
Ubutumwa bugira buti: “Umukuru w’igihugu yakiranye umubabaro urupfu rwa Karidinali Laurent Monsengwo rwo kuri iki Cyumweru. Agaragaje umubabaro we kandi arihanganisha umuryango wa Kiliziya Gatolika n’uw’umuryango wa nyakwigendera nyir’icyubahiro.”
Martin Fayulu utavuga rumwe na Perezida Tshisekedi na we yavuze ko ababajwe cyane n’urupfu rwa Karidinali Monsengwo, avuga ko kumutakaza ari igihombo gikomeye cyane kuri RDC.
Ati: “Mbabajwe cyane n’urupfu rwa Nyiricyubahiro Karidinali Laurent Monsengwo. Ni igihombo gikomeye kuri RDC. Yari isima y’ubumwe bw’igihugu. Imana ishimwe ku byo yakoreye igihugu cyacu. Roho ye iruhukiye mu mahoro. Nihanganishije n’Abanye-Congo bose.”
Umunyapolitiki Moïse Katumbi na we kuri Twitter ye yavuze ko Karidinali Monsengwo azahora ari intwari y’abaturage ba RDC.
Yakomeje agira ati: “Mu buzima bwawe bwose warwanye urugamba rukwiye. Utitaye ku miyaga n’imyuzure, wakomeje kuba umwungeri w’umunyamurava wiyemeje kubiba urukundo mu banye-Congo bose.”
Katumbi yunzemo ko ubutabera mbonezamubano bwari intego ya Karidinali Monsengwo, amusabira kuruhukira mu mahoro.
Umushumba wa Arikidiosezi ya Kigali, Karidinali Antoine Kambanda, na we ari mu bifurije Monsengwo kuruhukira mu buzima buhoraho.
Mu 2010 nibwo Laurent Monsengwo yagizwe Karidinali.
Uretse kuba yari uwihaye Imana ukomeye, azwi kandi nk’impirimbanyi y’amahoro, ibiganiro n’uburenganzira bwa muntu.
Mu 2011 yanyuranyije n’uwari Perezida wa RDC, Joseph Kabila, ubwo yavugaga ko amatora yari yabaye “atarimo ukuri cyangwa ubutabera”.
Monsengwo yize iyobokamana n’amasomo yimbitse ya Bibiliya i Roma n’i Yeruzalemu, mbere yo kugaruka muri Afurika mu butumwa.
Yagizwe umupadiri mu 1963 na Musenyeri mu 1980. Mu 1981 yagizwe Arkepiskopi wa Kisangani mu 2007 agirwa Arkepiskopi wa Kinshasa.
Monsengwo ntiyacecetse ku byo yabonaga bitagenda ku butegetsi bwa Mobutu Sese Seko, Laurent-Désiré Kabila cyangwa Joseph Kabila.


