Nk’umuntu ugomba gutanga amakuru mu rubanza ku bwicanyi bwakorewe abakozi babiri b’umuryango w’Abibumbye, Zaida Catalan na Micheal Sharp, muri Werurwe 2017, muri Kasai yo Hagati, umunyamakuru Sonia Rolley wa RFI kuri uyu wa Kane, itariki 15 Mata 2021 agomba gusubiza ibibazo by’urukiko rwa gisirikare muri Kasai y’Uburengerazuba.
Sonia Rolley yakoze iperereza ridasanzwe ry’abanyamakuru ku iyicwa ry’impuguke za Loni. Ndashaka ko yaza kubwira urukiko ibyo azi kandi bishobora gufasha ubutabera kubyitwaramo neza “, ibi ni ibyatangajwe n’umushinjacyaha Gen. de Brigade Cyprien Muwawu asobanura impamvu zo guhamagaza Sonia Rolley nk’uko tubikesha Actualite.cd.

Ba nyakwigendera Zaida Catalan na Micheal Sharp
Sonia Rolley wageze muri Kananga kuwa Kabiri ushize, kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane yari aho urukiko rwa gisirikare rwa Kananga rukorera yiteguye gutanga amakuru.
Abandi bamaze gutanga amakuru muri iyi dosiye ni Gabriel Ilunga wo mu ishyaka UDPS rya Perezida Tshisekedi ndetse n’umunyamakuru wa radio ikorera muri aka karere.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


