Umusirikare wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) mu gace ka Kamango, Gurupoma ya Batalinga muri Teritwari ya Beni, yarashe umugore we n’abana babyaranye babiri.
Nk’uko ibitangazamakuru byo muri iki gihugu bibivuga, byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, tariki ya 13 Gicurasi 2021.
Umuyobozi w’umudugudu wa Matolu urugo rw’uyu musirikare ruherereyemo, Tsogela Kibuba Muhadi yatangarije 7 Sur 7 ati: “Ni umusirikare wabishe. Yabanje kurasa umugore we, ahita apfa, nyuma arasa abana be babiri, na bo barapfa.”
Umuyobozi wa sosiyete sivile ikorera muri Batalinga, Abisi Magellah yabwiye Actualité ko uyu musirikare yishe umugore n’abana be ubwo yasangaga bitegura kurya. Ati: “Umusirikare yari aturutse muri Kayenze, asanga umugore yitegura kugabura ibiryo, ahita amurasana n’abana.”
Aba bayobozi bavuze ko uyu musirikare akimara kurasa umugore n’abana, na we yahise yirasa, arapfa. Icyatumye abica ntabwo kiramenyekana.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV
Perezida Ndayishimiye yageze muri Uganda tariki ya 11 Gicurasi 2021 ubwo yari yitabiriye umuhango w’irahira rya Museveni wabaye ku munsi wakurikiyeho.



4 Responses
RDC: Umusirikare yasanze umugore we n’abana 2 bagiye kurya, bose arabarasa barapfa
Kugira icyo umuntu avuga kuri iyi nkuru biragoye kuko birenze gutera agahinda pe…kubona abantu basigaye barutwa ninyamaswa kweri.i yi isi iraducira amarenga ko yageze kumusozo wayo wokurimbuka.kwica abaye kko!!ngo:.?…..uwihanganye ameze nk’igitovu..?
RDC: Umusirikare yasanze umugore we n’abana 2 bagiye kurya, bose arabarasa barapfa
Kugira icyo umuntu avuga kuri iyi nkuru biragoye kuko birenze gutera agahinda pe…kubona abantu basigaye barutwa ninyamaswa kweri.i yi isi iraducira amarenga ko yageze kumusozo wayo wokurimbuka.kwica abaye kko!!ngo:.?…..uwihanganye ameze nk’igitovu..?
RDC: Umusirikare yasanze umugore we n’abana 2 bagiye kurya, bose arabarasa barapfa
impamvu ni uburaya ntakindi
RDC: Umusirikare yasanze umugore we n’abana 2 bagiye kurya, bose arabarasa barapfa
impamvu ni uburaya ntakindi