RDC: Umusirikare yishe arashe bagenzi be bo ku rwego rwa ofisiye nawe aricwa

Sangiza iyi nkuru

Umusirikare wa FARDC usa nk’uwari wataye umutwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, itariki 10 Kanama 2021, yishe abasirikare bagenzi be babiri bo ku rwego rwa ofisiye abarashe mu Murenge wa Rwenzori, wo muri Teritwari ya Beni, muri Kivu y’Amajyaruguru.

Aya makuru yemejwe n’abayobozi bo muri uyu murenge barimo umunyamabanga ushinzwe ubuyobozi avugana na 7sur7.cd.

Uyu muyobozi witwa Siku Godefroid yagize ati “ Umusirikare wari wataye umutwe yarashe babiri muri basangirangendo be mu gisirikare Kapiteni na Komanda wa Military Police (PM) bahise bapfa. Umugore nawe yakomeretse ajyanwa kwa muganga,”

Sosiyete sivile yo muri iki gice yamaganye ubu bwicanyi ndetse yamagana abasirikare bakomeje kugaragaza imyitwarire idahwitse.

Perezida wa sosiyete sivile ya Rwenzori, Ricardo Rupande yagize ati “ Umukapiteni na Komanda PM bishwe bari begereye abaturage. Mu gihe batabazwaga, buri gihe babaga bari ahantu havuzwe. Ni agahinda ku baturage.”

Amakuru kandi arakomeza avuga ko uyu musirikare wishe bagenzi be, hatatangajwe ipeti yari afite, nawe yishwe na bagenzi be ba FARDC kuri uyu wa Gatatu, itariki 11 Kanama.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *