RDC: Umutwe wa CNRD w’Abanyarwanda wihimuye kuri Nyatura iherutse kubicamo 17

Sangiza iyi nkuru

Abarwanyi b’umutwe wa Nyatura ukuriwe na Col Kasongo ndetse n’ab’umutwe wa CNRD, washinzwe n’abitandukanyije n’umutwe wa FDLR, kuri uyu wa mbere, itariki 15 Gicurasi bongeye gukozanyaho muri Masisi bituma abaturage benshi bo muri iyi teritwari bahungira mu bindi bice batinya gukorerwa ubugizi bwa nabi.

Biravugwa ko mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere ahagana saa kumi ari bwo abarwanyi b’umutwe wa CNRD ugizwe n’Abanyarwanda, bateye abarwanyi b’umutwe wa Nyatura uyoborwa n’uwitwa kasongo mu gace ka Bukumba ko muri Teritwari ya Masisi. Nyuma yo kwirukana abarwanyi ba Nyatura aha hantu, ngo aba barwanyi ba CNRD bakomeje kwegera imbere bagera mu birometero 3 uvuye Bukumba. Ngo nyuma y’amasaha abiri, babashije kwigarurira agace kitwa Kalengera ngo nta mirwano ibaye nk’uko amakuru aturuka mu gipolisi cy’aho avuga.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Nta mibare y’abantu baba baguye muri iyo mirwano yahuje iyi mitwe yigeze itangazwa, ahubwo havugwa ko hahunze abaturage benshi bava Bukumba bajya mu duce twa Rugogwe na Busumba, uduce bivugwa ko turinzwe n’ingabo za FARDC. Naho ngo abaturage bo muri Kalengera bo bari bataye ingo zabo imirwano itaraba, bahungiye ahitwa Kibarizo.

Iyi nkuru dukesha Radio Okapi irakomeza ivuga ko imitwe ya Nyatura na CNRD, ubusanzwe yahoze ikorana kugeza mu minsi ishize, kuri ubu idacana uwaka. Bivugwa ko gushaka kwigarurira ubutaka bishobora kuba ari byo nyirabayazana wo gutandukana kw’iyi mitwe.

Kuva mu mpera za Mata, iyi mitwe ikaba ikunze guhanganira bya hato na hato mu gace ka Bashali-Mokoto bivugwa ko nta musirikare wa leta uharangwa.

Ubwo iyi mitwe yaherukaga gukozanyaho hari kuwa 10 Gicurasi ubwo abarwanyi ba Nyatura nibo bateye ibirindiro bya CNRD bashaka kwisubiza ibyo birindiro bari barakuwemo. Icyo gihe CNRD yaratunguwe ihatakariza abarwanyi bagera kuri 17.

Kanda hano usome inkuru bisa

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *