RDC: Urukiko rwakatiye 51 igihano cy’urupfu kubera iyicwa ry’impuguke za Loni

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rwa gisirikare muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo rwakatiye abantu 51 igihano cyo kwicwa, benshi badahari, mu rubanza rw’abantu benshi kubera iyicwa ry’impuguke ebyiri z’Umuryango w’Abibumbye.

Igihano cy’urupfu gikunze kugaragara mu manza z’ubwicanyi muri Congo, ariko gikunze kuvunjwamo igifungo cya burundu kuva iki gihugu cyatangaza icyo bita mu Cyongereza “a moratorium on executions”, ugenekereje akaba ari nko gutinza by’agateganyo igihano cy’urupfu, kuva mu 2003.

Abantu benshi bamaze imyaka irenga ine baburanishwa kubera ubwicanyi bwahungabanije abadipolomate n’umuryango w’abatabazi, nubwo ibibazo by’ingenzi kuri iki kibazo bitarasubizwa.

Muri Werurwe 2017, Zaida Catalan, Umunyasuwede na Michael Sharp, Umunyamerika, barimo gukora iperereza ku ihohoterwa ryakekwaga hagati y’ingabo za leta n’umutwe witwaje intwaro mu karere ka Kasai rwagati, ubwo bahagarikwaga mu muhanda n’abantu bitwaje imbunda, babajyana mu gihuru barabica.

Imirambo yabo yabonetse ku ya 28 Werurwe 2017, hashize iminsi 16 baburiwe irengero. Abayobozi ba congo bashinje ubwo bwicanyi umutwe witwaje intwaro wa Kamuina Nsapu.

Imidugararo mu karere ka Kasai yari yatangiye mu 2016, yatewe n’iyicwa ry’umuyobozi gakondo waho.

Abantu bagera ku 3.400 barapfuye, abantu ibihumbi icumi bata ingo zabo, mbere y’uko amakimbirane atangira hagati muri 2017 nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga.

Igihano cy’urupfu

Abashinjacyaha mu rukiko rwa gisirikare i Kananga bari basabiye igihano cy’urupfu abantu 51 muri 54 baregwa, 22 muri bo bakaba baratorotse kandi bakaba baburanishwa badahari.

Ibyo baregwa biva ku “iterabwoba, ubwicanyi no “kwica” kugeza mu“kwifatanya n’umutwe w’abagizi ba nabi” no “gukora ibyaha by’intambara binyuze mu gutema”.

Raporo yashyizwe ku mugaragaro na leta y’ibyabaye, yemeje ko abarwanyi bitwaje intwaro bashyigikiye Kamuina Nsapu bishe aba bombi ku ya 12 Werurwe 2017, umunsi baburirwaga irengero.

Ariko muri Kamena 2017, raporo yashyikirijwe akanama gashinzwe umutekano ku Isi yasobanuye ko ubwo bwicanyi ari “gahunda yagambiriwe” aho abashinzwe umutekano ba Leta bashobora kuba barabigizemo uruhare.

Mu baregwa nyamukuru harimo umukoloneli, Jean de Dieu Mambweni, abashinjacyaha bavugaga ko yafatanije n’inyeshyamba, aziha amasasu. Yahakanye ibyo aregwa kandi abamwunganira bavuga ko yagambaniwe.

Mambweni yari mu basabiwe igihano cy’urupfu, ariko yakatiwe igifungo cy’imyaka 10 gusa kubera “kutumvira amategeko no kudafasha umuntu uri mu kaga”. Itsinda rimwunganira ryavuze ko azajuririra iki cyemezo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *