RDC: Uwahoze ari minisitiri w’amashuri abanza n’ayisumbuye yafatiwe i Brazzaville

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari minisitiri w’amashuri w’abanza n’ayisumbuye wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, itariki 20 Mata, yafatiwe I Brazzaville muri Repubulika ya Congo nyuma y’ubusabe bwa Kinshasa imushinja kunyereza umutungo wa leta nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Gatatu na AFP.

Amakuru yavuye mu gipolisi agera kuri iki kinyamakuru yagiraga ati “Willy Bakonga wahoze ari Minisitiri w’amashuri abanza n’ayisumbuye muri DRC, yinjijwe mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri mu ndege ya Air France yerekezaga i Paris, bisabwe na Kinshasa, ishaka ko yoherezwa”.

Bwana Bakonga yashakishwaga n’ubushinjacyaha kuva ku itariki 16 Mata kuri dosiye y’inyerezwa ry’umutungo wa leta.

Uyu mugabo wahoze ari minisitiri wa siporo ku butegetsi bwa Joseph Kabila, kuva muri kanama 2019 yari ashinzwe minisiteri y’amashuri abanza n’ayisumbuye muri guverinoma iherutse guseswa na Perezida Tshisekedi.

Amakuru arakomeza avuga ko kuri ubu Bakonga afungiye muri kasho y’ikigo gishinzwe ubutasi gishya kizwi nka “Centrale d’intelligence et de la documentation”, cyahahoze ari Ubuyobozi bukuru bw’ubugenzuzi bw’ubusugire bw’igihugu (DGST).

Itabwa muri yombi ry’uwahoze ari minisitiri rije rikurikira urubanza rw’uwari umuyobozi wa serivisi zishinzwe kwishyura abarimu ndetse n’uwari umunyamabanga mukuru muri minisiteri y’amashuri abanza n’ayisumbuye bakatiwe imyaka 20 y’igifungo ku itariki 25 Werurwe nyuma yo kubahamya icyaha cyo kunyereza umutungo wa leta.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *