RDC yabujije abaturage kunenga Perezida mu gihe cy’intambara

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yabujije abaturage kunenga Umukuru w’Igihugu mu gihe intambara ikomeje hagati y’ingabo za Leta n’umutwe witwaje intwaro wa M23.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa 7 Nyakanga 2022, Umuvugizi wa guverinoma akaba na Minisitiri w’Itumanaho, Patrick Muyaya ni we wabibabujije.

Muyaya yagize ati: “Twebwe turi mu butegetsi bugendera kuri demukarasi, aho kunenga igisirikare byemewe, ukaba wananenga Umukuru w’Igihugu mu byerekeye politiki. Mu gihe cy’intambara ntabwo bikwiye kunenga Umugaba w’Ikirenga wa FARDC na PNC (Polisi), birumvikana!”

Uyu munyapolitiki yabujije abanyamakuru gushyira ku karubanda amakuru mpamo yo ku rugamba, kuko ngo bifasha umwanzi bahanganye. Ati: “Kandi ntibikwiye gushyira ku karubanda amakuru aturuka ku rugamba. Byaba ari ugufasha umwanzi.”

Muyaya yavuze ko ariko ikibazo, abanyamakuru bamwe bagaragaye bakwirakwiza amafoto n’amashusho y’ingabo za Leta ziri ku rugamba, abasaba ko batazabisubira.

Muri RDC, abanyamakuru bamwe bahisemo gukorera mu murongo wa Leta, abandi bake bahitamo gukorera mu wa M23. Hari urundi ruhande ruto rurimo urw’abakorera ibinyamakuru mpuzamahanga rwahisemo kutagira aho rubogamira.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *