RDC yasobanuye icyo igiye gukora ku butaka bivugwa ko Uganda yatwaye

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma ya Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) yasobanuye icyo igiye gukora ku butaka bwo muri teritwari ya Rutshuru Abanyekongo bavuga ko bwatwawe na Uganda.

Hashize iminsi sosiyete sivili yo muri Rutshuru ndetse n’abavuga rikumvikana barimo abadepite bagaragaza ko abayobozi ba Uganda bimuye imbago ku rubibi rw’ibihugu byombi, bituma igice cy’ubutaka bwo muri Bunagana buva muri RDC.

Byatumye umudepite mu nteko ishinga amategeko ya RDC, Juvénal Munubo Mubi, asaba ko Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Christophe Lutundula, yatanga ibisobanuro kuri iki kibazo, n’uburyo guverinoma iteganya kugikemuramo.

Minisitiri w’itumanaho n’itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa guverinoma, Patrick Muyaya, kuri uyu wa 4 Ukwakira 2023 ubwo yari mu mujyi wa Lubumbashi mu ntara ya Haut-Katanga, yagejejwe iki kibazo, asobanurira abanyamakuru ko ibihugu byombi bizakiganiraho, hifashishijwe inzira ya dipolomasi.

Muyaya yagize ati: “Ndatekereza ko Minisitiri w’ububanyi n’amahanga ari gukoresha uburyo bukwiye bwa dipolomasi mu gukemura iki kibazo kubera ko nta cyatuma twimura imbago z’umupaka zashyizweho mu gihe kirekire gishize. Yewe na mugenzi wanjye, Minisitiri w’ingabo, yagejeje iki kibazo kuri Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, kandi vuba hashoboka, tuzabaha igisubizo.”

Ingabo za Uganda ziri mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba zigenzura Bunagana kuva muri Werurwe 2023. Umutwe witwaje intwaro wa M23 ni wo wazishyikirije iki gice, hashingiwe ku myanzuro yafashwe n’abakuru b’ibihugu byo mu karere.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *