Guverinoma ya RDC yasubije umunyamakuru wabajije niba Perezida Félix Tshisekedi ateganya kongera gusubira i Goma kubana by’agateganyo n’abahatuye, by’umwihariko muri iki gihe umutwe witwaje intwaro wa M23 uri gusatira uyu mujyi.
Ni ikibazo cyabajijwe Umuvugizi wa guverinoma, Patrick Muyaya, kuri uyu wa 5 Ugushyingo ubwo yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru, cyari cyerekeye ku mirwano ya M23 n’ingabo za Leta ikomereje muri teritwari ya Rutshuru.
Muyaya yasubije ko isezerano ryo gutura i Goma yaritanze kandi yarisohoje mu bihe byashize, mu kwerekana ko Umukuru w’Igihugu atazasubirayo muri iki gihe. Ati: “Perezida wa Repubulika yahamaze ibyumweru bitatu. Iryo sezerano yararisohoje.”
Tshisekedi yatanze isezerano ryo gutura i Goma tariki ya 8 Ukwakira 2020, arisozohoza mu 2021. Mu gihe yahamaze, yashakiraga umuti ibibazo by’umutekano muke biterwa n’imitwe yitwaje intwaro.



4 Responses
RDC yasubije uwabajije niba ‘muri iki gihe’ Tshisekedi ateganya kujya kuba i Goma
urumuseviri
RDC yasubije uwabajije niba ‘muri iki gihe’ Tshisekedi ateganya kujya kuba i Goma
urumuseviri
RDC yasubije uwabajije niba ‘muri iki gihe’ Tshisekedi ateganya kujya kuba i Goma
Imvugo yaba kongomani siyo ngiro
RDC yasubije uwabajije niba ‘muri iki gihe’ Tshisekedi ateganya kujya kuba i Goma
Imvugo yaba kongomani siyo ngiro