Ikipe ya Real Madrid yo muri Espagne na Manchester City yo mu Bwongereza, zujuje umubare w’amakipe ane agomba gukina 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions league, nyuma yo gusezerera Liverpool na Borussia Dortmund.
Real Madrid ni yo yasezereye Liverpool, nyuma yo kunganya na yo 0-0 mu mukino wo kwishyura wabereye mu Bwongereza mu ijoro ryakeye.
Ibitego 3-1 iyi kipe yari yatsinze Liverpool mu mukino ubanza wabereye i Madrid mu Cyumweru gishize, ni byo byayifashije gutera intambwe ya 1/2 cy’irangiza cya Champions league.
Ni ibitego yari yatsindiwe na Vinicius Junior watsinze bibiri na Marco Asensio, mu gihe impozamarira ya Liverpool yari yatsinzwe na Mohamed Salah.
Mu ijoro ryakeye umutoza Jurgen Klopp n’abasore be bakoze ibishoboka byose ngo barebe ko basezerera Real Madrid, gusa amashoti 15 yose bagerageje aburamo ibitego 2-0 basabwaga kugira ngo bakomeze.
Uretse Real Madrid, indi kipe yageze muri 1/2 cy’irangiza ni Manchester City yasezereye Borussia Dortmund ku giteranyo cy’ibitego 4-2.
Umubiligi Kevin De Bruyne n’Umwongereza Phil Foden bari bafashije Manchester City kubona intsinzi mu mukino ubanza wabereye ku kibuga El Etihad, gusa ijyana impungenge mu Budage zo kuba yari yinjijwe igitego na Kapiteni Marco Reus.
Kuba Dortmund yari yatsindiwe mu Bwongereza ibitego 2-1, byari bisobanuye ko igomba gutsinda igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura kugira ngo igere muri 1/2 cy’irangiza.
Umunota 15 w’umukino wari uhagije ngo Jude Bellingham afungurire Dortmund amazamu, gusa iki gitego kiza kwishyurwa kuri Penaliti na Riyad Mahrez.
Igitego cya Kabiri cya City cyatsinzwe nanone na Phil Foden.
Manchester City izahura muri 1/2 cy’irangiza na PSG mu gihe Real Madrid izahura na Chelsea.


