Real Madrid yegukanye Super Coupe ya Espagne, Benzema yandika amateka

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Real Madrid yegukanye Igikombe cya Super Coupe ya Espagne ku nshuro yayo ya 12, nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma Athletic Bilbao ibitego 2-0.

Ibitego bya Luka Modric na Karim Benzema kuri penaliti ni byo byafashije iyi kipe y’umutoza Carlo Ancelotti kwegukana iki gikombe ku nshuro ya 12, isigara irushwa igikombe kimwe na mukeba wayo FC Barcelona yasezereye muri 1/2 cy’irangiza.

Uburyo bwa mbere bukomeye muri uyu mukino bwabonetse ku munota wa 16 w’umukino, uhwo Rodrygo yahaga umupira Karim Benzema, ashatse gutsinda uramutenguha ujya ku ruhande.

Nyuma y’aho byasabye ko umunyezamu Unai Simon yitanga kugira ngo akuremo ishoti riremereye rya Casemiro.

Madrid yafunguye amazamu ku munota wa 38 w’umukino ubwo Rodrygo yinjiranaga umupira mu rubuga rw’amahina, mbere yo kuwusubiza inyuma gato akawuha Luka Modric wahise arekura ishoti ryaruhukiye mu izamu.

Oihan Sancet yashoboraga kwishyurira Bilbao mbere y’uko amakipe yombi ajya kuruhuka, gusa ishoti yatereye mu rubuga rw’amahina rica hejuru y’izamu rya Thibaut Courtois.

Real Madrid yashimangiye intsinzi ku munota wa 52 w’umukino ibifashijwemo na Karim Benzema, nyuma y’umupira uyu Mufaransa yashatse gutera mu izamu birangira myugariro Yeray Alvarez awugaruje akaboko.

Athletic Bilbao yasatiriye cyane mu minota yakurikiyeho, ariko nta buryo bukomeye bugana mu izamu yabonye ku buryo bwari kuyihesha kwishyura ibitego yatsinzwe.

Real Madrid yarangije uyu mukino ifite abakinnyi 10 mu kibuga, nyuma y’ikarita itukura yeretswe myugariro Eder Miltão nyuma yo kugaruza akaboko umupira washoboraga kuvamo igitego cya Athletic Club.

Ni ikarita yakurikiwe na Penaliti yatewe na Kapiteni Raul Garcia, gusa ikurwamo n’umunyezamu Thibaut Courtois.

Kwegukana iki gikombe byatumye rutahizamu Karim Benzema yandika amateka yo kuba Umufaransa wa mbere utwaye ibikombe byinshi mu mateka y’umupira w’amaguru, dore ko yahise yuzuza ibikombe 28 amaze gutwara.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *