ip7.png

Reba inyogosho yatumye umusore w’umukirisitu afungwa ngo ” yatutse Islam”

Sangiza iyi nkuru

Umusore w’Umunya-Nigeria, Elijah Ode ukomoka muri Leta ya Benue biravugwa ko yatawe muri yombi, agafungirwa muri Kano akurikiranweho ko yogoshe abakiliya be inyogosho ituka Idini ya Islam.

Impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu muri Benue, Smith Akoko avuga ko Ode usanzwe ari umukirirsitu w’umunyeshuri yafashwe kuwa Gatatu nyuma y’aho abantu babiri yari yogoshe bafashwe baryozwa inyogosho ituka ukwemera kwa Islam.

Mubyara wa Ode, Sunday Ukenya ni we wabwiye Akoko iby’aya makuru ndetse ngo uyu mwenewabo yamaze kugezwa mu nkiko kuwa 2 Gashyantare 2021.

Elijah Ode, biravugwa ko yari umwe mu gatsinda k’abahezanguni b’Abayisilamu ari nabo bafashe abakiliya be, bavuga ko biyogoshesheje mu buryo butuka idini.

Uyu musore nk’uko ibinyamakuru dukesha aya makuru bivuga, ni umwe mu bantu bogoshaga mu buryo bugezweho.

Ukenya avuga ko atogoshe abo bakiliya agamije kugira uwo ashotora, ko ahubwo yari agamije gukora udushya mu myogoshere ye ngo abone uko abaho no kwishyura amashuri ya kaminuza kuko ari we wiyishyurira.

Kugeza ubu, we n’abo bakiliya be baracyafunzwe gusa ntibizwi neza uko iyi nyogosho yaba ari igitutsi ku bafite imyemerere ya Kiyisilamu n’icyo ivuze.

ip7.png
Iyi nyogosho yatumye Ode afungwa

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *