Ku wa Gatanu tariki ya 27 Nzeri 2019, nibwo abayobozi batandukanye b’u Burundi bateraniye ahubatswe ingoro nshya y’umukuru w’igihugu muri Komini Mutimbuzi, mu Mujyi wa Bujumbura, bayitaha ku mugaragaro.
Ni inyubako yubatswe ku nkunga ya Leta y’u Bushinwa, ikaba yafunguwe ku mugaragaro na Perezida Nkurunziza, mu biroro byitabiriwe n’abahagarariye inzego zitandukanye z’u Burundi, abahagarariye ibihugu byabo muri iki gihugu,…
Ni igorofa rigeretse gatatu, abashinwa bakaba baratangiye kuyubaka mu mwaka wa 2015. Perezida Nkurunziza akaba yatangaje ko iyi nyubako yiswe ‘Ntare Rushatsi’ ngo bitewe n’amateka y’umwami Ntare wunze Abarundi.
Perezida Nkurunziza yavuze ko u Burundi bukomeje kubakwa haterwa ikirenge mu cy’Umwami Ntare Rushatsi watangije urwo rugendo.
Mu mwaka wa 2020 nibwo mu Burundi hateganijwe amatora y’umukuru w’igihugu ariko Nkurunziza akaba yaravuze ko ataziyamamaza, bivuze ko iyi ngoro agiye kuba ayikoreramo mu gihe kitarenze umwaka.




