Robert Lewandowski yongeye kugaba igitero kuri Bayern Münich

Sangiza iyi nkuru

Rutahizamu Robert Lewandowski yongeye kugaragaza ko ashaka gutandukana na Bayern Münich, ashimangira ko umubano we n’iyi kipe yo mu Budage wamaze gupfa.

Uyu munya-Pologne amaze igihe atangaza ku mugaragaro ko ashaka gutandukana na Bayern Münich bitewe n’uko atakibanye neza n’ubuyobozi bwayo, bikavugwa ko FC Barcelona yo muri Espagne ari yo ashobora gukomerezamo ubuzima.

Mu kwezi gushize uyu mukinnyi yasabye Bayern ko yamugurisha, mbere yo kongera gushimangira ko atagishaka kuyikinira ku wa Mbere.

Aganira na Sport One yagize ati: “Ndashaka kuva muri Bayern. Ubukoramutima n’icyubahiro ni ingenzi gusumbya akazi. Icyiza cyo gukora ni ugushakira hamwe igisubizo.”

Uyu mukinnyi yakomeje avuga ko Bayern Munich itigeze yifuza kumutega amatwi kugeza ku munsi wa nyuma.

Yunzemo ati: “Hari icyapfuye muri njyewe kandi ntibishoboka ko byamvamo. N’ubwo waba ushaka kuba umunyamwuga ntigishobora gutuma wiyunga.”

Lewandowski yavuze ko hari amakipe yamusabye ko yayerekezamo gusa ntiyabiha agaciro, kuko ikipe rukumbi yifuza gukinira ari FC Barcelona.

Yongeyeho ati: “Ndashaka kuva muri Bayern kandi biragaragara. Mu myaka myinshi namaze muri iyi kipe buri gihe nari niteguye, nkaboneka, nkitanga uko nshoboye ntitaye ku mvune. Ndatekereza icyiza cyo gukora ni uko impande zombi zishaka igisubizo cyiza. Sindi gushaka igisubizo cy’uruhande rumwe.”

Robert Lewandowski yaboneyeho kumenyesha Bayern Münich ko nikomeza kumuzitira ngo batandukane nyuma y’imyaka umunani bari kumwe, nta mukinnyi ukomeye uzifuza kuyikinira.

Ati: “Ni uwuhe mukinnyi wakwifuza kuza muri Bayern azi ko ibintu nk’ibi bishobora kumubaho? Icyubahiro n’ubucuti none biri he? Namaze imyaka umunani myiza hano, nahuye n’abantu beza batandukanye kandi ndifuza ko ibyo byanguma mu bitekerezo uko biri.”

Lewandowski yageze muri Bayern Munich muri 2014 avuye muri Borussia Dortmund.

Mu myaka umunani yari ayimazemo, yayikiniye imikino 375 ayitsindira ibitego 344.

Uyu munya-Pologne ugifite umwaka umwe w’amasezerano kandi amaze gutwarana na Bayern ibikombe 14, birimo Bundesliga umunani na UEFA Champions league imwe.

Umunya-Sénégal Sadio Mané ni we uhabwa amahirwe yo kumusimbura mu gihe yaba agiye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *