Umunya-Brésil Ronaldinho Gaúcho wamamaye mu mupira w’amaguru, yasuye igihugu cya Lebanon [Liban] yunamira abarenga 200 baguye mu iturika ryabereye mu murwa mukuru Beirut.
Ku itariki ya 04 Kanama 2020 ni bwo i Beirut mu murwa mukuru wa Lebanon habereye iturika rikomeye, risiga abantu 207 bitabye Imana na ho abarenga 7,500 barakomereka.
Iri turika ry’ikinyabutabire cya Ammonium Nitrate cyari kibitse hafi y’inyanja kandi ryangije imitungo y’arenga $ miliyari 15 na ho abanya Beirut barenga ibihumbi 300 basigara batagifite aho gukinga umusaya.
Ku wa Kane w’iki cyumweru ni bwo Ronaldinho yageze i Beirut mu rwego rwo kwifatanya n’abagizweho ingaruka na ririya turika.
Uyu mugabo akigera i Beirut yahise yerekeza mu gace ka Karantina ahari icyicaro cy’ishami rya Polisi ishinzwe kuzimya inkongi, ashyira indabo ku mva rusange y’abahitanwe na kiriya cyiza barimo n’abapolisi 10 bapfuye bagerageza kuzimya umuriro.
Bijyanye n’igikundiro uyu mugabo afite, byabaye ngombwa ko ahururirwa n’abaturage benshi ndetse n’abanyamakuru bo muri uriya mujyi, biba ngombwa ko inzego z’umutekano zihagoboka zibasubiza inyuma mu rwego rwo kwirinda umuvundo.
Ni ibyatumye Polisi ya Lebanon yisanga ihanganye n’abiganjemo abanyamakuru, ku buryo Camera zigera kuri eshanu zamenekeye mu bushyamirane.
Urugaga rw’abanyamakuru bafata amafoto muri Lebanon rwatangaje ko byibura abanyamakuru batanu bahohoterewe muri buriya bushyamirane.
Umuyobozi wa ruriya rugaga, Aziz Taher, yasohoye itangazo ryamagana ibyo yise ‘igitero’ cyagabwe ku banyamakuru.






