Rubavu: Akurikiranweho gutunda no gucuruza ibiyobyabwenge

Sangiza iyi nkuru

Ubushinjacyaha ku rwego rw’ Isumbuye rwa Rubavu bwakiriye dosiye y’umugabo ufite imyaka 40 y’amavuko ukurikiranyweho icyaha cyo gutunda no gucuruza ibiyobyabyenge .

Uyu mugabo yafatiwe mu Karere ka Rubavu ku itariki ya 2/11/2024 ava mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo aza mu Rwanda atwaye urumogi rungana n’ibipfunyika 5 nk’uko iyi nkuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru ivuga.

Uregwa yanze kugira icyo avuga ku byaha akurikiranyweho, agaragaza ko yagize ikibazo mu muhogo gituma atavuga, mu gihe ibizamini bya muganga byo bigaragaza ko nta kibazo na kimwe afite mu muhogo.

Iki cyaha cyo gutunda no gucuruza ibiyobyabwenge gihanishwa igihano cy’igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga atari munsi ya 20.000.000 frw ariko atarenga 30.000.000 frw nk’uko biteganyijwe mu ngingo ya 11 y’ Itegeko nº 69/2019 ryo ku wa 08/11/2019 rihindura itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *