Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi abagabi babiri bo mu karere ka Rubavu bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abana bane bari bamaze imyaka itatu baraburiwe irengero nyuma imirambo yabo ikaboneka mu buvumo.
Ku Cyumweru gishize ni bwo aba bana bo mu murenge wa Bugeshi bari barabuze muri 2018 babonetse mu buvumo barapfuye, bigizwemo uruhare n’umujura wari wibye inkoko akabuhungiramo, mu nkuru BWIZA yabagejejeho.
Ku itariki ya 15 Nzeri 2018 ni bwo aba bana b’abahungu bari mu kigero cy’imyaka 10 na 14 baburiwe irengero icya rimwe.
Barimo uwitwa Tuyubahe Didier wari ufite imyaka 10 y’amavuko, Ahishakiye Herithier w’imyaka 14 y’amavuko, Manirarera Abraham wari ufite imyaka 12 na Mfitumukiza wari ufite imyaka 11.
Nyuma y’uko aba bana bari bamaze kuburirwa irengero ndetse ababyeyi babo barabashatse inshuro nyinshi bakababura, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo babiri bakekwagaho kugira uruhare mu kubazimiza, gusa nyuma baza kurekurwa.
Abari baratawe muri yombi nyuma y’amezi umunani bakarekurwa barimo Nshunguyinka Jean w’imyaka 35 y’amavuko cyo kimwe na Kavaruganda François wa 37.
Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yemeje ko ku wa Kabiri w’icyumweru gishize ari bwo bariya bagabo bombi bongeye gutabwa muri yombi.
Ati: “Ni byo koko ku wa 2 Ugushyingo 2021, RIB yafunze abitwa Kavaruganda François na Nzabanita Jonas bacyekwaho kuba barishe abana bane tariki ya 15 Nzeri 2018 kuko ari bwo baburiwe irengero. Abo bagabo baje gushinjwa n’abaturage ko ari bo babonywe bwa nyuma bari hamwe n’abo bana nyuma baje kurekurwa n’urukiko kubera kubura ibimenyetso bihagije.”
Dr Murangira yavuze ko kuri ubu bariya bagabo bombi bafungiye kuri Station za RIB za Kanama na Gisenyi, mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.
Mu gihe baramuka bahamwe n’icyaha cyo kwica bariya bana, bahanishwa ingingo ya 107 y’itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko umuntu wica undi abishaka, aba akoze icyaha.
Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.


