Umuryango w’umusore w’imyaka 18 y’amavuko witwa Ishimwe Prince uherutse kuraswa n’umupolisi wamwise umujura, urasaba Leta kumukuraho iki cyasha no gukurikirana mu butabera uyu mupolisi , ndetse bagasaba police kubafasha kumushyingura .
VIDEO
Kuri uyu wa 7 Nzeri 2022, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’Uburengerazuba, CIP Rukundo Mucyo, yatangarije BWIZA ko Polisi ikorera mu murenge wa Gisenyi w’akarere ka Rubavu yishe irasiye Ishimwe mu mudugudu wa Gisubizo, akagari ka Kivumu, saa saba z’ijoro.
CIP Rukundo yagize ati: “Umujura witwa Ishimwe Prince ufite imyaka 18 yarashwe arapfa ubwo yageragezaga gushaka kurwanya inzego z’umutekano akoresheje icyuma.”
Se wa Ishimwe witwa Ngarambe Eriphace, utuye mu mudugudu w’Amajyambere, akagari ka Mbugangari mu murenge wa Gisenyi, yatangarije BWIZA ko umwana we atari umujura, Polisi yamubeshyeye. Ati: “Ntabwo ari igisambo ni ukumubeshyera. Nubwo yari muto bwose afite akazi akora, yagiye mu bintu by’ikoranabuhanga akiri muto. Yari umu DJ, yari afite studio.”

Ngarambe yasobanuye ko umwana we ataba igisambo ngo we n’abaturanyi babiyoberwe. Ati: “Ntabwo yaba igisambu ngo ababyeyi be, abaturanyi be tubiyoberwe ndetse n’urundi rungano rwe rubana na we ngo rubiyoberwe. Biriya bashatse kumusiga icyaha gusa, kwivana mu cyaha nka Polisi yamurashe.”
Uyu mubyeyi avuga ko tariki ya 6 Nzeri, Ishimwe yari yiriwe mu kazi, atashye ajya kureba umupira [irushanwa rya UEFA Champions League) imbere ya gare ya Rubavu. Ngo umupira urangiye barasohotse, bahura n’imodoka ya polisi izwi nka Panda Gari, irahagarara, abapolisi bavamo, abo bari kumwe bariruka ariko we na mugenzi we barasigara, burizwa imodoka.
Ngarambe avuga ko ubwo imodoka yari ibagejeje ku rugo rw’uwitwa Claver, yahagaze, abapolisi bashaka kubambika amapingu, ati: “Abana baranga, bati ‘muradushyiraho amapingu, ubundi mudufungiye iki?” Ubwo ngo Ishimwe yahise asimbuka imodoka, aracika, yirukira mu rupangu rwa nyirasenge, ahasanga imbwa, imumokeye yurira urupangu, ngo ni ko kurasirwa aho hejuru.
Arasaba ko umupolisi warashe Ishimwe yakurikiranwa
Ngarambe avuga ko kuri uyu wa 8 Nzeri bagiye kuri sitasiyo ya Polisi, bayimenyesha ko Ishimwe yahohotewe, ngo bakaba babwiye uru rwego rushinzwe umutekano ko ari rwo rukwiye gutegura igikorwa cyo kumushyingura, hanyuma urwego rw’ubugenzacyaha rugakurikirana uwamurashe.
Ati: “Twababwiye tuti ‘ni mwe mwamwiyiciye, n’ubundi mukoreshe ibishoboka byose umwana ashyingurwe kandi namara gushyingurwa, mukomeze mubikurikirane nka RIB ibishinzwe ibikurikirane imenye ikibazo cyatumye umwana araswa’. Uwamwishe Leta igomba kumukurikirana, ikamenya impamvu bamurashe.”
Uyu Ngarambe yakomeje abwira abanyamakuru ko nta gahunda bagira ihamye yo gushyingura umwana wabo , kuko bashaka kubanza kujyana ikirego mu butabera ndetse bakaba bifuza ko police yagira uruhare mu gushyingura kuko ari umukozi wayo warashe umwana wabo kandi amurenganya.
Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Rubavu ngo yahaye uyu muryango uburenganzira bwo gushyingura Ishimwe, ariko Ngarambe avuga ko batarafata icyemezo, kubera ko babikoze ubutabera butaratangira gukurikirana iki kibazo, bishobora kwica iperereza.
Usibye akazi ko kuvanga umuziki (DJ), Ishimwe Prince yari asanzwe ari umunyeshuri wiga mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye. Abakoranaga na we bashimangira ko yarangwaga n’imico myiza, ku buryo ngo atakora ubujura.





46 Responses
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Porce y’u Rwanda ikwiye kwigishwa kurinda umutekano wabo ishinzwe kuko igiye kubamara izasigara irinze bande
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Porce y’u Rwanda ikwiye kwigishwa kurinda umutekano wabo ishinzwe kuko igiye kubamara izasigara irinze bande
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Ni hatari kabisa. Uyu mupolisi bamusezerere peee bamamushyire mu butabera. Abapolisi benshi basigaye bitwara nkabajandarume bo kwa Habyara. Nibo bagifite imvugi ngo NAGUFUNGA.
Abajeshi bakimenera amaraso bo ni imfura zu Rwanda.
Muzarebe ukuntu bagenda mu muhanda nabi: bahagarara aho bashatse. Aba traffic bo rwose wagirango hari icyo bapfa nabatwara ibinyabiziga.
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Ni hatari kabisa. Uyu mupolisi bamusezerere peee bamamushyire mu butabera. Abapolisi benshi basigaye bitwara nkabajandarume bo kwa Habyara. Nibo bagifite imvugi ngo NAGUFUNGA.
Abajeshi bakimenera amaraso bo ni imfura zu Rwanda.
Muzarebe ukuntu bagenda mu muhanda nabi: bahagarara aho bashatse. Aba traffic bo rwose wagirango hari icyo bapfa nabatwara ibinyabiziga.
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Ariko ibi by’i Rubavu bimaze kuba Agateranzamba, ariko muribuka mu Minsi ya Guma mu Rugo Akarengane Abantu bahuye nako? muribuka Aba Police n’aba Dasso basimbuka Kwasteur nk’Interahamwe Ibonye Umututsi muri Génocide? Nyamara Leta Yacu nitabihagurukira Abantu Barashira, umwe Ati Yarwanyije Police baramurasa, und’Ati: yasimbutse Panda Gari, undi ngo: basanze bambura Umuntu Barasa mo umwe Abandi bariruka, gusa mujye mwibuka Ijambo Prezida wa Répubulika yigeze kuvuga ko nashobora gukoreshya abanyamutekano b’Umwuga batihutira guhana by’Umurengera, Ese mubwirwa n’iki ko Uwishe n’Uwishwe baraziranye? RUBAVU we!
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Wibuke ko yanategetse ngo bajye babarasa.
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Wibuke ko yanategetse ngo bajye babarasa.
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Ariko ibi by’i Rubavu bimaze kuba Agateranzamba, ariko muribuka mu Minsi ya Guma mu Rugo Akarengane Abantu bahuye nako? muribuka Aba Police n’aba Dasso basimbuka Kwasteur nk’Interahamwe Ibonye Umututsi muri Génocide? Nyamara Leta Yacu nitabihagurukira Abantu Barashira, umwe Ati Yarwanyije Police baramurasa, und’Ati: yasimbutse Panda Gari, undi ngo: basanze bambura Umuntu Barasa mo umwe Abandi bariruka, gusa mujye mwibuka Ijambo Prezida wa Répubulika yigeze kuvuga ko nashobora gukoreshya abanyamutekano b’Umwuga batihutira guhana by’Umurengera, Ese mubwirwa n’iki ko Uwishe n’Uwishwe baraziranye? RUBAVU we!
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Police mbere yo kurasa umuturage utabarwanyije munye mutekereza kabili naho gushidikanya kumuntu mutazi mugafata mwemeza ko ari igisambo ibyo sibyo igisambo kiba kizwi nabaturage rero uwo warashe umuturage nakurikiranwe ndetse nuwamuhaye itegeko ryo kumurasa nawe akwiriye kubibazwa
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Police mbere yo kurasa umuturage utabarwanyije munye mutekereza kabili naho gushidikanya kumuntu mutazi mugafata mwemeza ko ari igisambo ibyo sibyo igisambo kiba kizwi nabaturage rero uwo warashe umuturage nakurikiranwe ndetse nuwamuhaye itegeko ryo kumurasa nawe akwiriye kubibazwa
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Aka si akumiro ra? Se aba bapolisi baba baratojwe cyangwa batoraguwe mu basazi i Ndera? Gukinisha kuvutsa umuntu ubuzima bwe? Noneho umwana muto gutya? Ibi bintu ni uguhekura Igihugu, ni ubuterahamwe nk’ubundi bwose ntaho bitaniye. Ibaze agahinda bateye uyu muryango koko!
Cga ni babandi batorezwa i Mutobo ubugome bavanye mu mashyamba bukibarimo? Aba bapolisi se baba basinze wenda ahari? Jye byanteye urujijo, gusaaba bapolisi bazahanwe by’intangarugero, nubwo bitazasubiza ubuzima uwo babuvukije.
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Uvuze nabi ntabwo Indera havurirwa abicanyi kandi kugereranya umwicanyi n’ umurwayi sibyo ibyo babyita stigmatisation.
Umuryango ikomeze wihangane
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Uvuze nabi ntabwo Indera havurirwa abicanyi kandi kugereranya umwicanyi n’ umurwayi sibyo ibyo babyita stigmatisation.
Umuryango ikomeze wihangane
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Aka si akumiro ra? Se aba bapolisi baba baratojwe cyangwa batoraguwe mu basazi i Ndera? Gukinisha kuvutsa umuntu ubuzima bwe? Noneho umwana muto gutya? Ibi bintu ni uguhekura Igihugu, ni ubuterahamwe nk’ubundi bwose ntaho bitaniye. Ibaze agahinda bateye uyu muryango koko!
Cga ni babandi batorezwa i Mutobo ubugome bavanye mu mashyamba bukibarimo? Aba bapolisi se baba basinze wenda ahari? Jye byanteye urujijo, gusaaba bapolisi bazahanwe by’intangarugero, nubwo bitazasubiza ubuzima uwo babuvukije.
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
URWANDA NUKU RUMEZE BAMWE KAND TURATAHURA
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
URWANDA NUKU RUMEZE BAMWE KAND TURATAHURA
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Mbega akarengane nonese ko numva urubyiruko rurimo kuvutswa ubuzima ejo heza mutubwira hatumariye iki?mugihe umuntu arenganywa nyamuneka ubutabera bwurwanda buhaguruke kuko bikomeje gufata Indi ntera ntacyumweru kigishira hatarashwe umuntu ngo nigisambo ese police ko bikwiye mwagiye mufata umuntu mukamujyana ariko mukabanza mugaperereza amakuru amwerekeyeho yahamwa nicyaha akagihanirwa kuruta kumuvutsa ubuzima reka twihanganishe umuryango wa nyakwigendera ariko birababaje rwose.
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Mbega akarengane nonese ko numva urubyiruko rurimo kuvutswa ubuzima ejo heza mutubwira hatumariye iki?mugihe umuntu arenganywa nyamuneka ubutabera bwurwanda buhaguruke kuko bikomeje gufata Indi ntera ntacyumweru kigishira hatarashwe umuntu ngo nigisambo ese police ko bikwiye mwagiye mufata umuntu mukamujyana ariko mukabanza mugaperereza amakuru amwerekeyeho yahamwa nicyaha akagihanirwa kuruta kumuvutsa ubuzima reka twihanganishe umuryango wa nyakwigendera ariko birababaje rwose.
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Ibi bibazo byose ahanini tubona muri police biterwa nogukoresha aba police babana bafite mumutwe horoshye.
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Ibi bibazo byose ahanini tubona muri police biterwa nogukoresha aba police babana bafite mumutwe horoshye.
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Icyaha ni gatozi uwarashe nibasanga ari mumakosa ahanwe, kuba ari umupolice ntibivuze ko atakosa kandi agahanwa nk’abandi banyabyaha bahamwe nabyo. Gusa stop gukomeza kwibasira police yose kuko niba hari uwarashe akica hari n’abandi benshi banoza akazi kabo kdi batanga umutekano kuri benshi.
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Gute se kandi ari umukozi wa polisi ari nayo yamwohereje mu kazi ikaba yaramuhaye n’intwaro!? Inzego z’umutekano zifite mu nshingano abakozi bazo cyane cyane igihe cyose bafite intwaro ubimenye!
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Gute se kandi ari umukozi wa polisi ari nayo yamwohereje mu kazi ikaba yaramuhaye n’intwaro!? Inzego z’umutekano zifite mu nshingano abakozi bazo cyane cyane igihe cyose bafite intwaro ubimenye!
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Icyaha ni gatozi uwarashe nibasanga ari mumakosa ahanwe, kuba ari umupolice ntibivuze ko atakosa kandi agahanwa nk’abandi banyabyaha bahamwe nabyo. Gusa stop gukomeza kwibasira police yose kuko niba hari uwarashe akica hari n’abandi benshi banoza akazi kabo kdi batanga umutekano kuri benshi.
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Mwese mwikwihutira guca imanza kuko ntawaruhari araswa mureke inzego zibishinzwe zikore iperereza mwikumva ko umupolisi ariwe uri mukosa kuko niba Koko yarabarwanyije yakoze akazike ahubwo banza wibaze ese ko ntakosa yarafite yuriraga urupangu ahungiki kdi ntacyaha afite? so iperereza nirikorwe arko mureke guca imanza inzego zibishinzwe zirahari murakoze!
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Aba ba police ntabwo bari professional rwose ntabwo kurasa aribyo byibanze kandi binyuzemo cyane ngo nuwo banigaga ntibamubonye nute umuntu wanigwaga yabona police ije kumutabara akiruka ikindi umwana yarasiwe kwa nyirasenge abahunga.Ibi bintu bikwiye kujya kuri tweeter ya HE abakuriye Police muri kariya gace bose bagahanwa gusa Rubavu yo wagirango abayobozi bayibamo baravumwe mumisi yashize nabwo harumusaza wishwe atwitswe nabyo barabisibiranya
Babyeyi mwabuze umwana mwihangane gusa amaraso yinzirakarengane nimabi azabakutikirana
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Aba ba police ntabwo bari professional rwose ntabwo kurasa aribyo byibanze kandi binyuzemo cyane ngo nuwo banigaga ntibamubonye nute umuntu wanigwaga yabona police ije kumutabara akiruka ikindi umwana yarasiwe kwa nyirasenge abahunga.Ibi bintu bikwiye kujya kuri tweeter ya HE abakuriye Police muri kariya gace bose bagahanwa gusa Rubavu yo wagirango abayobozi bayibamo baravumwe mumisi yashize nabwo harumusaza wishwe atwitswe nabyo barabisibiranya
Babyeyi mwabuze umwana mwihangane gusa amaraso yinzirakarengane nimabi azabakutikirana
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Mwese mwikwihutira guca imanza kuko ntawaruhari araswa mureke inzego zibishinzwe zikore iperereza mwikumva ko umupolisi ariwe uri mukosa kuko niba Koko yarabarwanyije yakoze akazike ahubwo banza wibaze ese ko ntakosa yarafite yuriraga urupangu ahungiki kdi ntacyaha afite? so iperereza nirikorwe arko mureke guca imanza inzego zibishinzwe zirahari murakoze!
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Mwese mwikwihutira guca imanza kuko ntawaruhari araswa mureke inzego zibishinzwe zikore iperereza mwikumva ko umupolisi ariwe uri mukosa kuko niba Koko yarabarwanyije yakoze akazike ahubwo banza wibaze ese ko ntakosa yarafite yuriraga urupangu ahungiki kdi ntacyaha afite? so iperereza nirikorwe arko mureke guca imanza inzego zibishinzwe zirahari murakoze!
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Mwese mwikwihutira guca imanza kuko ntawaruhari araswa mureke inzego zibishinzwe zikore iperereza mwikumva ko umupolisi ariwe uri mukosa kuko niba Koko yarabarwanyije yakoze akazike ahubwo banza wibaze ese ko ntakosa yarafite yuriraga urupangu ahungiki kdi ntacyaha afite? so iperereza nirikorwe arko mureke guca imanza inzego zibishinzwe zirahari murakoze!
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
ndabasuhuje nsanzwe ndi umusesenguzi,ariko bimaze kurambirana mu rwanda ibyo bavuga ko abanyarwanda batishimye nibyo…..kuko buri munsi tubura inshuti zacu,,,.abavandimwe bacu kandi binshwe na police abandi baburiwe irengero…. ese mbabaze kwica mu rwanda police y’igihugu isigaye yarabigize intego///…….Nyakubahwa Perezida KAGAME iki kibazo tubabarire ucyizemo…
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
ndabasuhuje nsanzwe ndi umusesenguzi,ariko bimaze kurambirana mu rwanda ibyo bavuga ko abanyarwanda batishimye nibyo…..kuko buri munsi tubura inshuti zacu,,,.abavandimwe bacu kandi binshwe na police abandi baburiwe irengero…. ese mbabaze kwica mu rwanda police y’igihugu isigaye yarabigize intego///…….Nyakubahwa Perezida KAGAME iki kibazo tubabarire ucyizemo…
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Uwicisha inkota nawe niyo azazira.iryonijambo rylmana
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Uwicisha inkota nawe niyo azazira.iryonijambo rylmana
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Wamwana ukwiye ubutabera rwose
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Wamwana ukwiye ubutabera rwose
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Nta gihe inkoramataso zizabura mu Rwanda,kwica abato ni ubukenya pee
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Nta gihe inkoramataso zizabura mu Rwanda,kwica abato ni ubukenya pee
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Inzego dufite murwanda abenshi turazizi ukuntu zikora, cyane mubakuru bitwako ar ibikomerezwa. Kuko nawe tekereza ukuntu umukuru wa polisi yatangaje ko barashe igisambo kd ntaperereza yikoreye ahubwo akarenjyera inyungu za polisi nk urwego rwahanirwa kwica umuturage w inzirakarengane. Akibagirwa indahiro barahirira igihugu yo kurinda umwenegihugu bakora gusa no imihango. Ndababaye kubwibyo byona gusa ntibyenda guhinduka Cuba mwihangane
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Inzego dufite murwanda abenshi turazizi ukuntu zikora, cyane mubakuru bitwako ar ibikomerezwa. Kuko nawe tekereza ukuntu umukuru wa polisi yatangaje ko barashe igisambo kd ntaperereza yikoreye ahubwo akarenjyera inyungu za polisi nk urwego rwahanirwa kwica umuturage w inzirakarengane. Akibagirwa indahiro barahirira igihugu yo kurinda umwenegihugu bakora gusa no imihango. Ndababaye kubwibyo byona gusa ntibyenda guhinduka Cuba mwihangane
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Nanjye byambayejo mugihe cya covid, badutanjyiriye n amasaha bashyizeho ataragera natwicaza hasi kugera mugicuku, nyuma bafata icyemezo cyo kutujyana stade, ntakubeshye natekereje gusimbuka imodoka bitewe nukuntu mfite indwara ya sinezite ikabije kandi nabinjyinze cyane nabitiranyije n abantu basanzwe bashobora kumva ukuntu. Ark imana ishimwe yabamvanye mumaboko ntakeza kaabo
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Nanjye byambayejo mugihe cya covid, badutanjyiriye n amasaha bashyizeho ataragera natwicaza hasi kugera mugicuku, nyuma bafata icyemezo cyo kutujyana stade, ntakubeshye natekereje gusimbuka imodoka bitewe nukuntu mfite indwara ya sinezite ikabije kandi nabinjyinze cyane nabitiranyije n abantu basanzwe bashobora kumva ukuntu. Ark imana ishimwe yabamvanye mumaboko ntakeza kaabo
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Saa Saba zijoro uwo muntu yavaga he? Kumutandukanya nigisambo biragoye,kuki yirukanse ntagume hamwe niba ntakosa yari Afite?kuki yanze kwambara amapingu ngo ajye gufungirwa kuri police ibye bimenyekane kumunsi ukurikiye?police yakoze akazi kayi Kandi igakora uko bikwiye,kuko kuba yafashwe agashaka kwiruka nundi wese wabikora yaraswa.ikindi cyakabiri niba Afite imyaka 18 koko ntaburenganzira Afite bwo kugenda saa Saba zijoro.yakagombye kuba ari iwabo iyo mipira akayirebera iwabo.abatuye rubavu mujye mutaha kare kuko muzinuko tubanye nabo hakurya.
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Saa Saba zijoro uwo muntu yavaga he? Kumutandukanya nigisambo biragoye,kuki yirukanse ntagume hamwe niba ntakosa yari Afite?kuki yanze kwambara amapingu ngo ajye gufungirwa kuri police ibye bimenyekane kumunsi ukurikiye?police yakoze akazi kayi Kandi igakora uko bikwiye,kuko kuba yafashwe agashaka kwiruka nundi wese wabikora yaraswa.ikindi cyakabiri niba Afite imyaka 18 koko ntaburenganzira Afite bwo kugenda saa Saba zijoro.yakagombye kuba ari iwabo iyo mipira akayirebera iwabo.abatuye rubavu mujye mutaha kare kuko muzinuko tubanye nabo hakurya.
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Erega sirubavugusa police ikwiye guhabwa ingando kuko birakabije nigute watinyuka ukabesha ngo umuntuyakurwanije
Rubavu: Umuryango w’umusore warashwe urasaba Polisi kuwufasha gushyingura no gukurikirana umupolisi wamwishe
Erega sirubavugusa police ikwiye guhabwa ingando kuko birakabije nigute watinyuka ukabesha ngo umuntuyakurwanije