Muri iki gitondo, mu Murenge wa Kinazi ho mu karere ka Ruhango haravugwa urupfu rwa Munyeshyaka Michel w’imyaka 36 y’amavuko wari umuyobozi ushinzwe ubutaka, aho bikekwa ko yaba yazize impanuka.
Nk’uko amakuru aturuka mu buyobozi bw’umurenge wa Kinazi abivuga, Munyeshyaka bamusanze mu mukoki uherereye mu murenge wa Ntongwe, bikaba bikekwa ko yaba yaguyemo ubwo yari kujya mu kazi kuko n’ipikipiki agendaho nayo yari iri muri uwo mukoki.
Umuhanda Munyeshyaka yaguyemo uherereye mu kagari ka Kayenzi, mu mudugudu wa Kanyete gusa ngo ntiwarugikoreshwa kuko wari warangijwe bikomeye n’ibiza biturutse ku mvura.
Bwiza.com yavuganye n’Umuyobozi w’Ishami ry’Ubutaka mu karere ka Ruhango Habineza Emmanuel, ntibyabasha gukunda kuko na we yari yari yagiye ahabereye ibi byago avuga ko ari buze kuduha amakuru yisumbuye nahuguka.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinazi yemeje ko ejo Munyeshyaka yiriwe mu kazi bisanzwe, akaba yapfuye akagarutsemo azindutse mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri kuko ku biro by’umurenge bari bafite abashyitsi.
Amakuru avuga ko Munyeshyaka wavukaga mu karere ka Nyanza, yari yaraje gutura mu murenge wa Kinazi ya Ruhango, mu rwego rwo kwegera akazi.


