Abaturage b’imirenge ya Bugarama, Muganza, Nyakabuye, Gitambi na Gikundamvura ituriye ikibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi, bavuga ko bakunze kuzahazwa n’uburwayi bw’amenyo n’izindi ndwara zifata mu kanwa, bikabagora kubona ubuvuzi.
Indwara z’amenyo n’izindi zifata mu kanwa ngo ziri mu ndwara 10 za mbere zizahaza abatuye akarere ka Rusizi nk’uko bivugwa n’ubuyobozi bwako, ngo bigaterwa n’uko abaturage batarasobanukirwa neza n’isuku yo mu kanwa, hakiyongeraho n’uburyo bwo kuzivuza bukiri ingorabahizi kubera ko bisaba urugendo rurerure ngo bagere ku bitaro.
Ku bufatanye bw’uruganda rwa CIMERWA n’ibitaro bya WIWO Specialized Hospital, ubwo bavuraga abaturage ku buntu bahivuriza, bavuze ko bibagoye gukora urugendo rw’ibikometero 15 bajya ku bitaro bya Mibilizi kwisuzumisha amenyo n’izindi ndwara zo mu kanwa, bakanavuga ko ubukene butuma batabasha kwita ku isuku yayo.
Mukankusi Xavérine w’imyaka 66 y’amavuko, yagize ati “Nkanjye w’umukecuru usanzwe atishoboye kugira ngo mbone amafaranga yo kugura umuti w’amenyo ntibyanshobokera. Ubu yose andira rimwe, ibibazo ni byose kandi gukora ibilometero 15 n’amaguru njya kuyivuza ku bitaro bya Mibilizi ni ikibazo gikomeye cyane.’’
Umuyobozi ushinzwe abakozi mu ruganda rwa CIMERWA, Nkusi Paul avuga ko mu rwego rwo guharanira imibereho myiza y’abaruturiye, nyuma yo kubashyiriraho ivuriro rinavura abakozi b’uruganda, babonye iki kibazo kandi ivuriro ryabo ridashobora guhita rigikemura mu buryo burambye, bahitamo kuzana aba baganga ngo babavure amenyo ku buntu.
Ati ’’dusanzwe tubaha ubujyanama ku kwita ku isuku y’amenyo n’iyo mu kanwa muri rusange kuko indwara zo mu kanwa zirababaza cyane, tukaba twazanye aba bahanga mu buvuzi bw’amanyo ngo batuvurire abaturage kubera ibibazo by’amenyo bakunze kugaragaza kandi iyo serivisi twe tutayitanga.’’
Umuyobozi w’aka karere Kayumba Ephrem, avuga ko ari ikibazo kizwi ariko kugikemura ari uko abaganga bo ku bitaro bya Mibilizi bajya bagira umunsi baza ku bigo nderabuzima bakabaha izi serivisi mu gihe bumvikanye ho,bikazafasha abaturage kwivuza batiriwe bakubita amaguru bahora ku bitaro cyangwa barambirwa bakabireka kandi bagombye kwivuza.
Nduwayeze Fidèle umukozi w’ibitaro bya WIWO Specialized Hospital, avuga ko isuku y’amenyo ikwiye gukangurirwa abaturage cyane nk’uko bakangurirwa ibindi, muri iki gikorwa bakaba baravuye abagera kuri 235.




