Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Carlos Alos Ferrer, yamaze guhamagara urutonde rw’abakinnyi 24 bagomba kwitegura imikino ibiri ya gicuti u Rwanda rufitanye na Nzalang Nacional ya Guinée-Equatoriale.
Ni imikino yombi iteganyijwe muri uku kwezi kwa Nzeri.
Mu bakinnyi umutoza Carlos Ferrer yahamagaye harimo Hakim Sahabo, rutahizamu ukiri muto w’ikipe ya Lille yo mu gihugu cy’u Bufaransa.
Uyu musore w’imyaka 17 y’amavuko asanzwe asatira izimamu anyuze ku ruhande rw’iburyo, akaba asanzwe akinira Lille y’abatarengeje imyaka 19 y’amavuko.
Uyu yahamagaranwe bwa mbere mu kipe y’igihugu na mugenzi we witwa Glen Habimana w’imyaka 20 y’amavuko, we usanzwe akinira Football Club Victoria Rosport yo muri Luxembourg.
Hahamagawe kandi Ishimwe Gilbert ukina hagati mu kibuga mu kipe ya Orebro Syrianska yo mu cyiciro cya gatatu muri Suède, Trey-Ryan Itangishaka wa Standard de Liège yo mu Bubiligi cyo kimwe na Sven Kalisa usanzwe akina nk’umukaseri muri Etzella Ettelbruck yo muri Luxembourg.
Umutoza Ferrer kandi yagaruye mu kipe y’Igihugu Niyonzima Ally usanzwe akinira Bumamuru FC y’i Burundi utaherukaga guhamagarwa, gusa mu buryo butunguranye asiga Rwatubyaye Abdul watangiye kwitwara neza muri Rayon Sports nyuma y’igihe kirekire yaravunitse.
Urutonde rw’abakinnyi 24 Amavubi yahamagaye



